Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Igiye Kugirwa Umunyamuryango Udahoraho Wa OTAN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Igiye Kugirwa Umunyamuryango Udahoraho Wa OTAN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2024 10:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu bazi ibikubiye ku rutonde rw’ibyo Perezida Ruto aganira na mugenzi we w’Amerika Joe Biden bemeza ko Washington ishaka gushyira Kenya mu banyamuryango badahoraho b’Umuryango w’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Inyanja ya Atlantica byiyemeje gutabarana, OTAN/NATO.

Kenya izaba ari cyo gihugu cya mbere cyo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara gihawe uwo mwanya.

Mu myaka yatambutse, Kenya yabanye neza kandi n’Uburusiya ndetse n’Ubushinwa, ibihugu bihora bihanganye n’Amerika mu kugira ijambo ku isi rikomeye kurusha ibindi ku isi.

Ruto yakiriwe na Biden baganirira mu Biro bye ku ngingo zitandukanye, baranasangira.

Abo bagabo baganiriye ku ngingo zirimo uko umutekano uhagaze muri Ukraine, muri Haiti no muri Sudani.

Indi ngingo ni uko Amerika igiye gutangira gukorana na Kenya mu by’ikoranabuhanga kandi mu gihe kirekire no mu buryo bushya.

Iyo mikoranire izaba ishingiye ku guteza imbere ubwenge buhangano, kwita ku mutekano mu by’ikoranabuhanga no mu gukora ibikoresho byifashishwa mu gukora mudasobwa n’ibindi byuma by’ikoranabuhanga.

Ubutegetsi bw’Amerika buvuga ko hari miliyoni $250 iki gihugu cyateganyije azakoreshwa mu bufatanye na Kenya binyuze mu kigo kitwa US International Development Finance Corporation (DFC), bikazatuma amafaranga yose Amerika yashoye muri Kenya agera kuri miliyari $1.

Amerika ivuga ko yemeranyije na Kenya ko amafaranga azayishorwamo mu by’ikoranabuhanga azaba ingirakamaro ariko agakoreshwa mu buryo buboneye, bugamije iterambere ridaheza kandi ryita ku burenganzira bwa muntu.

Uwahaye The East African amakuru ku mikoranire iteganyijwe hagati ya Kenya na Amerika avuga ko ubutegetsi bwa Nairobi bwashoye kandi bwita ku ikoranabuhanga ku buryo hari imishinga ifite agaciro ka miliyari $1 iri muri Kenya mu nzego z’ingufu, gukora intsinga zikoreshwa mu ikoranabuhanga, ikoranabuhanga mu by’imari no mu bucuruzi n’ibindi.

Muri Kenya haba icyanya cy’ikoranabuhanga bita Silicon Savannah ahakorerwa byinshi mu ikoranabuhanga.

Habayo ibigo nka BasiGo, Teneo na  Gearbox Software n’ibindi.

Hari na gahunda y’uko Kenya yazagirwa ahantu ha mbere muri Afurika hakorerwa ibyuma bishyirwa muri mudasobwa, uyu mushinga ukazakorwa ku bufatanye n’ikigo US CHIPS byemejwe mu itegeko bise Science Act ryo mu mwaka wa 2022.

Umubano w’Amerika na Kenya kandi uri kugana mu bufatanye mu kugarura amahoro muri Haiti.

Ruto avuga ko bidatinze hari abapolisi b’igihugu cye bazoherezwa muri Haiti kuhirukana abigometse ku butegetsi bakajujubya abaturage.

Mu kwemeza ko Kenya iba umunyamuryango udahoraho wa NATO/OTAN, byatumye Kenya izatangira kugirana umubano wihariye mu bya gisirikare na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ikindi gihugu giherutse kugirra umunyamuryango udahoraho wa NATO/OTAN ni Qatar, inshuti y’Amerika ikaba n’umuhuza mu bibazo byinshi biri ku isi.

TAGGED:AmerikafeaturedIkoranabuhangaKenyaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Yo Kurokoka Amasasu Kamerhe Yatorewe Kuyobora Inteko
Next Article Ubushinjacyaha Burashaka Ko Barikana Afungwa Imyaka Ibiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?