Kenya: Imodoka Ziherekeza Odinga Zarashwe

Ubwo yari agiye mu gice kitwa Central Business District, imodoka ziherekeza Raila Odinga zarashwe amasasu n’abantu bataramenyekana. Hari mu kivunge kirimo n’abapolisi bari baje gukoma imbere abayoboke ba Odinga bari baje kumwakira ngo bategura imyigaragambyo yo mu Cyumweru gitaha cyangwa nyuma yacyo.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru dukesha The Star nta makuru y’abashobora kuba bakomereye muri ziriya modoka cyangwa abaziguyemo yari yatangajwe.

Izindi modoka zari ziherekeje Odinga nazo zangiritse.

Icyakora Odinga ntacyo yabaye kubera ko yahise akata imodoka ye arigendera.

Yabikoze nyuma y’igihe gito Polisi yamuhagaritse ngo adatambuka.

Ntiharamenyekana niba hari abakomerekeyemo cyangwa bakaba bahasize ubuzima

Raila Odinga ari gutegura imyigaragambyo irushijeho gukomera y’abayoboke be izamagana ubutegetsi bwa Kenya Kwanza, iri rikaba ari ishyaka riri ku butegetsi riyobowe na William Ruto.

Nyuma y’uko imodoka ze zirashwe, Polisi yahise izibuza gukomeza, irazigota mu rwego rwo kuzirinda ko hari abandi bakomeza kuzibasira kugeza ubwo ibintu byacururutse barazirekura zirakubirana zisubira iyo zari zivuye.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version