Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Umunyarwandakazi Ukekwaho Kugambana Ngo Yice Umusuwisi Yarekuwe By’Agateganyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Umunyarwandakazi Ukekwaho Kugambana Ngo Yice Umusuwisi Yarekuwe By’Agateganyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2024 2:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwineza wari uherutse gufungwa na Polisi ya Kenya  akekwaho kugambanira umugabo ukomoka mu Busuwisi wamuteretaga ngo abantu bamwice bamwambure akayabo, yarekuwe by’agateganyo.

Hari inyandiko ziri kuri X zivuga ko uyu mugore yaba yatanze ingwate akazakurikiranwa adafunzwe.

Afatwa yari ari kumwe na musaza we ubwo bajyaga mu biciro n’abantu bari bizeye ko ari abicanyi bagiye kubafasha kwica uwo Muzungu wo mu Busuwisi bakamucucura ama Euros 850,000.

Abo bitaga abicanyi kabuhariwe bari abapolisi b’abanyamwuga.

Ku wa Kabiri taliki 02, Mutarama, 2024 nibwo uwo mugore na musaza we bageze mu rukiko.

Amakuru avuga ko hari umuntu wariye Polisi akara ko hari umugore na musaza we bafite uriya mugambi.

Abapolisi bahise bicara banoza uburyo bwiza bwo kubegera, bakababwira ko ari abicanyi babizobereyemo hanyuma bakazabata muri yombi.

Uwo bashakaga kwica ni Umusuwisi w’imyaka 50 wari waje i Nairobi muri konji ikurikira Noheli bita Boxing Day ngo yishimane n’iyo nkumi.

Yagiye gucumbika muri Hoteli yitwa Westlands mu nkengero za Nairobi, ariko uwo mugore we yabaga mu nzu yitaruye hoteli ho gato, izo bita ‘apartment.’

Bivugwa ko uriya mugore yabwiye itsinda ry’abapolisi yitaga ko ari abicanyi ruharwa ko uwo muntu yari afite Euros 850,000 kandi ko mbere yo kumwica yagombaga kubanza kohereza ayo mafaranga yose kuri compte ye nawe akazayagabana n’abo bari baje kumufasha muri uwo mugambi.

TAGGED:AmafarangaKenyaUbwicanyiUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Ushinzwe Ubworozi Yafunzwe Akekwaho Kunyereza Intanga
Next Article Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke, Nyamagabe…Uturere Twugarijwe N’Isuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?