Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Urubyiruko Rwagarutse Mu Mihanda Gusaba Ruto Kwegura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Urubyiruko Rwagarutse Mu Mihanda Gusaba Ruto Kwegura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2024 1:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri urubyiruko rwo muri Kenya rwagarutse mu mihanda gusaba ko Perezida William Ruto yegura. Nubwo ntako atari yagize ngo acubye uburakari bwarwo, bisa n’aho ibyo yakoze bidahagije mu maso yarwo kuko rushaka ko yegura.

Abigaragambya barasaba kandi ko ba Meya bayobora ibyo bita counties nabo begura kuko bamunzwe na ruswa.

Amataliki macye yatambutse yaranzwe n’imyigaragambyo ikomeye yaguyemo abantu benshi.

Perezida Ruto, mu rwego rwo kuyicubya, yirukanye benshi mu bagize Guverinoma ye ndetse n’Umushinjacyaha mukuru nawe arirukanwa.

Yatangaje kandi ko akuyeho itegeko rigena imisoro ryiswe Finance Bill 2024, byose abikora yizeye ko byatuma urubyiruko rucururuka.

Uko bigaragara ariko si ko ibintu bimeze!

Mu masaha ya kare kare kuri uyu wa Kabiri urubyiruko rwo mu bice bitandukanye bya Kenya mu mijyi minini harimo na Nairobi( umurwa mukuru) rwazindutse rushyira ibyuma mu mihanda ngo rubuze abantu kugira aho bava cyangwa bajya.

Mu rwego rwo kurwirukana muri iyo mihanda, Polisi yahuruye irasa ibyuka biryana mu maso ariko narwo ntirwahatsimburwa.

Urwo rubyiruko rurasaba ko Ruto avaho; rukabikora binyuze mu ndirimbo zigira ziti: ‘ Ruto agomba kugenda!’

Ikibabaje ni uko muri uko kwigaragambya harimo no gusahura amaduka y’abacuruzi bakomeye.

Mu rwego rwo kurinda ko amaduka yabo asahurwa, bamwe mu bacuruzi bifatanyije na Polisi mu kuyarinda.

Abo bacuruzi bararinda amaduka yabo bakoresheje imihumetso( umuhumetso ni intwaro ikorwa mu kirere cyangwa umwenda bashyiramo ibuye bakawuzunguza hanyuma bakarekura ibuye rikagenda rivuza ubuhuha).

Imihanda yose igana ku Nteko ishinga amategeko n’indi igana ku Biro by’Umukuru w’igihugu irafunze kandi irindishijwe ibimodoka bya Polisi birasa amazi aremereye ndetse n’ibizimwa umuriro.

Abaturage bamwe bahisemo kwikingirana mu ngo batinya gukorerwa urugomo n’abo bigaragambya, akaba ari nako byagenze ku bakozi mu bigo bya Leta n’iby’abikorera kuko basabwe kutaza mu kazi.

The East African ivuga ko hari umugambi abigaragambya bari bafite wo gutwika station ya Polisi  iri ahitwa Embakasi.

Umwe mu bigaragambya yabwiye itangazamakuru ati: “ Turashaka ko ibintu byose bihinduka kuko abanyapolitiki kugeza ubu bashaka kutugira ingaruzwamuheto zabo. Muri iki gihe ibintu ntibizongera kumera nka mbere”.

Kuri iyi nshuro, abigaragambya bavuga ko bazabikora mu mahoro ariko Polisi yo ikavuga ko ibyo bavuga bishobora kuba atari byo kuko na mbere ari uko byatangiye byitwa biza guhinduka nyuma.

Uko niko ibintu bihagaze muri Kenya kugeza ubu.

Hari impungenge ko ibiri kuhabera muri iki gihe bishobora kuba bibi kurusha ibihaherutse byaguyemo abantu barenga 20.

Ifoto ibanza: Francis Nderitu | Nation Media Group

TAGGED:featuredKenyaNairobiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyaruguru: Nyuma Yo Gutema Umugore We N’Umwana Yiyahuye
Next Article Polisi Ivuga Ko Umutekano Wari Wose Mu Gihe Cy’Amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?