Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yikomye U Bwongereza Bwayishyize Ku ‘Rutonde Rutukura’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yikomye U Bwongereza Bwayishyize Ku ‘Rutonde Rutukura’

admin
Last updated: 05 April 2021 3:41 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Kenya yanenze bikomeye icyemezo cy’u Bwongereza buheruka gutangaza ko guhera ku wa 9 Mata, abagenzi baturutse cyangwa banyuze muri iki gihugu batemerewe kwinjira ku butaka bwabwo.

Ni urutonde rutavugwaho rumwe rwakunze kwitwa urutukura mu bijyanye n’ingendo zitemerewe kugera mu Bwongereza, rwitwa ko rushyirwaho ibihugu bitabasha kugenzura neza ubukana bwa Coronavirus n’ubwoko bwayo bushya.

Kenya yashyiriweho ku munsi umwe na Pakistan, Bangladesh na Philippines, nyuma y’iminsi u Rwanda na rwo rushyizwe kuri urwo rutonde.

Ni icyemezo leta ya Kenya yavuze ko kizagira ingaruka ku bucuruzi bwa Kenya n’u Bwongereza, ibijyanye n’ingendo, ubukerarugendo n’ubufatanye mu by’umutekano.

Yavuze ko kibabaje kuko yakomeje gukora ibishoboka byose mu guhangana na COVID-19, kandi ibikorwa byayo byashimwe n’inzego zirimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, WHO.

Mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Kenya ku wa 3 Mata, yavuze ko bimaze kugaragara ko inkingo za COVID-19 ari zo zizatuma ubuzima busubira uko bwahoze, bityo aho kugira ngo u Bwongereza bupyinagaze Kenya bwari kuyiha inkingo, kuko buzifite ku bwinshi kurusha uko buzikoresha.

Bibarwa ko u Bwongereza bwatumije inkingo zisaga miliyoni 400 za coronavirus, mu gihe bufite abaturage bagera muri miliyoni 67.

Kenya ivuga ko byari bikwiye ko mu bufatanye habaho gusaranganya inkingo, nyamara ngo ibihugu bikize bikomeje kuzikubira no kuziha uwo bishaka, icyo Kenya yise “vaccine Apartheid”.

Bijyanye n’icyemezo u Bwongereza bwafashe ku bushake bwabwo, na Kenya yategetse ingamba nshya zigomba kubahirizwa ku bongereza.

Yakomeje iti “Abagenzi bose baturutse cyangwa banyuze ku bibuga by’indege byo mu Bwongereza bazaba bategetswe kujya mu kato k’iminsi 14 mu bigo byemezwa na guverinoma kandi ku kiguzi baziyishyurira bacyinjira muri Kenya.”

“Mu gihe bazaba bari mu kato, bazaba bategetswe kwipimisha COVID-19 inshuro ebyiri hakoreshejwe ibipimo bya PCR, ku munsi wa kabiri n’uwa munani bari mu kato, kandi bakiyishyurira icyo kiguzi.”

Ni amabwiriza ariko atazaba areba ubwikorezi bw’imizigo hagati y’ibihugu byombi, buzajya bukurikiza amabwiriza azatangazwa vuba.

Nta nubwo azaba areba abanyakenya bazajya baturuka mu Bwongereza cyangwa bazahanyura batashye iwabo.

Kugeza ubu abantu bamaze kwandura COVID-19 muri Kenya ni 138.988 mu gihe abamaze gupfa ari 2.224. Abamaze gukira ni 94.183.

TAGGED:COVID-19feturedKenya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Polisi Imaze Gufunga Utubari 70 Mu Byumweru Bitatu
Next Article RURA Yaburiye Abashoferi Bakomeje Kuzamura Ibiciro By’Ingendo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?