Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Hatashywe Inzu Zihendutse Mu Gukemura Ikibazo Cy’Amacumbi Make
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kicukiro: Hatashywe Inzu Zihendutse Mu Gukemura Ikibazo Cy’Amacumbi Make

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2022 7:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Kicukiro Umurenge wa Gahanga hatashywe inzu zigezweho zubatswe mu buryo burondereza ubutaka kandi zujuje ibisabwa ngo uzituye yumve aguwe neza.

Zubatswe mu Mudugudu bahaye izina rya Umutuzo Village, mu rwego rwo kumvisha abazituye n’abazazitura ko kuzima bivuze guca ukubiri na rwaserera zo guhora wimuka kubera ubukode.

Umwe mu bayobozi bakuru batangije uriya mushinga bise ‘Gira Inzu’ witwa Stéphane Monceaux yavuze ko bahisemo gushora mu Rwanda kubera ko ari igihugu gitekanye kandi cyorohereza ishoramari.

Ati: “Twagira  ngo tubereke icyo dushobora gukora kandi mwabibonye  dushoboye. Ni umushinga kandi twateguye cyera ariko twishimiye ko ugezweho, ariko iki ni ikiciro cya mbere turacyafite indi mishinga.”

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Antoine Anfré yashimye abatekereje uriya mushinga avuga ko uje wunganira umubano u Rwanda rusanzwe rifitanye n’u Bufaransa.

Anfré avuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu mishinga ifitiye akamaro ibihugu byombi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa yavuze ko imishinga igamije kubonera Abanyarwanda aho batura heza ari iyo kwishimirwa.

Ngo iri mu mujyo w’ibyo Leta y’u Rwanda ishaka kugeza ku baturage bayo cyane cyane abatuye mu Mujyi wa Kigali.

Ati: “Umujyi wa Kigali utuwe na Miliyoni 1.5. Buri mwaka hiyongeraho abantu 350,000. Uko abaturage biyongera niko bazakenera aho gutura. Ikindi kandi mu myaka 30 iri imbere abatuye Kigali bazaba barikubye gatatu.”

Rubingisa avuga ko abatuye Umujyi wa Kigali bose bishimira gutura aheza kandi ngo bizabigeraho uko imishinga yo kubibafashamo izagenda ibegerezwa.

Ikigo cyatangije uyu mushinga kitwa Gira Inzu. Gihuriweho n’Abanyarwanda ndetse n’Abafaransa.

Cyatangiye gukora mu mwaka wa 2019.

Ni amacumbi agamije gufasha abaturage kubona amacumbi mu buryo bworoshye

Mu nzu 250 giteganya kubaka buri mwaka, muri uyu kimaze kubaka inzu 67, buri inzu ikagira igiciro kiri hagati ya Miliyoni Frw 35  na Miliyoni Frw 120 bitewe n’inzu umuntu yifuza.

Hari izifite ibyuma bibiri na salon n’izifite ibyumba bitandatu..

Barateganya no kuzubaka izifite agaciro ka Miliyoni Frw 15.

Inzu zubatswe kugeza ubu zifite aho abana bagenewe gukinira, ahatewe ibiti ndetse n’amatara kugira ngo ubusabane bukomeze no mu masaha y’ijoro.

Izi nyubako zubatswe mu Mudugudu wa Kagasa mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

Uko inzu z’aho zihagaze
TAGGED:featuredGahangaKicukiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mizi Y’Urubanza Aregwamo Kabuga Ntiyagaragaye Mu Rukiko
Next Article U Rwanda Na Singapore Basinye Amasezerano Yo Guhererekanya Abanyeshuri Ba Kaminuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?