Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufaransa Bwatangaje Ko Bwemeye Palestine Nk’Igihugu Kigenga Byuzuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ubufaransa Bwatangaje Ko Bwemeye Palestine Nk’Igihugu Kigenga Byuzuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2025 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Emmanuel Macron
SHARE

Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye cyemeye mu buryo budasubirwaho ko Palestine ari igihugu kigenga byuzuye. Ubwo yabivugiraga mu Nteko rusange ya UN, abari aho bamuhaye amashyi y’urufaya.

Macron yavuze ko kwemera ko Palestine ari igihugu kigenga, kigomba kubaho gituranye na Israel, ari byo byatuma amahoro agaruka mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ubufaransa bwe buvuga ko Palestine ikwiye kwemerwa n’amahanga, ikaba igihugu gishobora kuvuga rikumvikana mu rwego mpuzamahanga.

Emmanuel Macron yagize ati: “ Guhera ubu, Ubufaransa bwemeje ko Palestine yigenga byuzuye, bukaba bubikoze mu rwego rwo gushaka uko amahoro arambye yaboneka hagati yayo na Israel.”

Ubufaransa bwemeje ibi nyuma y’Ubwongereza nabwo bwabyemeje mu masaha yatambutse.

Ibihugu 142 biherutse gutora byemeza ko bishyigikiye ko Palestina yigenga, ibyo bihugu birimo n’u Rwanda.

Icyakora Israel na Amerika ntibibikozwa.

Muri Afurika ibihugu bibiri nibyo bitagize icyo bibivugaho, ibyo bikaba ari Cameroun na Eritrea.

Bwa mbere ubwo byavugwaga ko Ubufaransa buzemera ubwigenge bwa Palestine bwuzuye, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatangaje ko icyo cyemezo kidakwiye, ko kije gutera Hamas akanyabugabo ko gukomeza iterabwoba.

Netanyahu yahise yandikira Macron ibaruwa ikubiyemo uko Yezuralemu yafashe uwo mwanzuro, avuga ko ibyo Paris yakoze bidakwiye.

Yanditsemo ko muri iki gihe Ubufaransa bwabaye ahantu hakorerwa ibikorwa byibasira Abayahudi, ko ubutegetsi bwabwo bukwiye kurwanya icyo kintu.

Macron yaje kumusubiza, amubwira ko ibyo ashinja Ubufaransa nta shingiro bifite, ahubwo ko ibyo bukora bigamije gutuma Uburasirazuba bwo Hagati buzagira amahoro arambye.

Ibihugu bishyigikiye ko Palestine yigenga, bivuga ko icyo gihe nikigera, izaba Leta itarangwamo ubutegetsi bwa Hamas, umutwe wa politiki na gisirikare umaze imyaka myinshi utegeka Gaza kandi uhanganye na Israel ku bufatanye na Iran.

Nyuma ya Israel na Leta zunze ubumwe z’Amerika, Ubufaransa nicyo gihugu gituwe n’Abayahudi benshi ku isi.

TAGGED:AbibumbyefeaturedIntambaraIntekoIsraelMacronPalestineUbufaransaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Iratutumba Hagati Ya Pologne N’Uburusiya
Next Article Kagame Ari Mu Misiri 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?