Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Uvugwaho Kurwanya Umupolisi YARASHWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Uvugwaho Kurwanya Umupolisi YARASHWE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2022 3:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro  haravugwa umusore witwa Olivier Rubagumya  abaturage bavuga ko yari asanzwe akoresha ibiyobyabwenge warwanyije umupolisi wari ugiye kumufata undi aramurasa aramukomeretsa.

Uyu musore yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Gatare, akaba yavugwagaho gukoresha ibiyobyabwenge byamuzahaza agasagarira ababyeyi be.

Byageze ngo n’ubwo ava iwabo ajya kwiberaho uko yishakiye.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo Polisi n’abagenzacyaha bajyaga kumufata nyuma yo guhuruzwa n’ababyeyi be kuko yari yaje kubadurumbanya, umupolisi yamurashe mu nyonga y’itako ariko ntiyamwica.

Icyakora amakuru twamenye ni uko yahise ajyanwa mu bitaro bya Kanombe  ngo avurwe.

Taarifa yabajije Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda iby’ayo makuru, asubiza ko ‘koko’ byabaye.

Ati: “ Nibyo koko ayo makuru niyo, uwo musore yasabwe kwemera gufatwa  na Polisi kuko yari ihurujwe n’ababyeyi nyuma y’uko yari yabajujubije kubera ibiyobyabwenge, yanga kubyemera ahubwo arwanya umupolisi wari ubimusabye.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera

CP Kabera yunzemo ko abaturage bagombye kumenya ko abashinzwe umutekano babereyeho kuwurinda, uwishe akaba agomba kwemera agafatwa akagezwa imbere y’ubutabera.

Ku rundi ruhande Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera avuga ko niyo habayeho kurasa umuntu mu buryo ubwo ari bwo bwose, igikurikiraho ari iperereza kugira ngo harebwe niba n’uwo mupolisi atakoresheje imbaraga z’umurengera cyangwa nta bundi buryo bwari bukoreshwe ngo uwo muntu afatwe atarashwe.

TAGGED:CPfeaturedKaberaKicukiroUmupolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres
Next Article Muhanga: Ubuyobozi Bw’Akarere Bwasabye Ko Cyamunara Iba Ihagaritswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?