Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abize Ubukerarugendo N’Amahoteli Barategurirwa Kuba Indashyikirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kigali: Abize Ubukerarugendo N’Amahoteli Barategurirwa Kuba Indashyikirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2023 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Cathérine Abatoni
SHARE

Muri imwe muri Hotel zo mu Mujyi wa Kigali, haraye habereye inama yatangirijwemo gahunda yo gukomeza gutyaza ubumenyi bw’abize amahoteli n’ubukerarugendo kugira ngo bazihangire imirimo cyangwa babe abakozi bo kwifuzwa.

Bitewe n’ubumenyi bavanye mu mashuri makuru na za Kaminuza, bose ntibanganya igihe bamaze bahugurwa.

Hari abamaze amezi icyenda, kuzamura…ndetse hari n’abamaze amezi ane.

Cathérine Abatoni  we yamaze amezi ane.

Yabwiye Taarifa ko muri icyo gihe, yahuguwe uko yarushaho kwakira abakiliya neza, imikoranire inoze na bagenzi be ndetse n’uko amafunguro n’ibinyobwa bigezweho buterurwa kandi bikagezwa imbere y’umukiliya.

Ati: “ Muri iki gihe bamaze bampugura, banyigishije kurushaho kwakira abakiliya neza, kubana neza n’abo dukorana ndetse n’amoko atandukanye y’ibiribwa n’ibinyobwa”.

Abatoni avuga ko ariya mahugurwa ari muri gahunda bise ‘Ubukerarugendo Imbere Project’ kandi agashima abayiteguye kuko ngo kwiga ari uguhozaho.

Bahuguriwe muri za Hotel zitandukanye

Avuga ko yababereye uburyo bwo kwigira ku bandi babatanze mu mwuga kandi babishoyemo n’imari.

Mugenzi we witwa Yves yize guteka.

Yemeza ko guteka ari ubukorikori busaba uwabwize guhora ahugurwa kugira ngo amenye indyo zikunzwe ahantu runaka, mu mico runaka ndetse n’uko zitegurwa.

Avuga ko guteka ari ‘art’.

Yves avuga ko muri gahunda afite harimo kuzihanga umurimo, agatangiza uburiro( restaurant) bityo agafasha Leta mu guca ubushomeri.

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi ngiro Rwanda TVET Board witwa Eng Paul Umukunzi avuga ko guhugura abize amahoteli n’ubukerarugendo ari umusanzu batanze mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uru rwego rushingiye kuri serivisi.

Eng Paul Umukunzi avuga ko guhugura abize amahoteli n’ubukerarugendo ari umusanzu batanze

Minisiteri y’imari n’igenamigambi ivuga ko urwego rwa serivisi ari rwo rufite uruhare runini mu ngengo y’imari y’u Rwanda rugakurikirwa n’ubukerarugendo, inganda…inyuma hakaza ubuhinzi.

Kuba u Rwanda ruri kuba igicumbi cy’ubukerarugendo bushingiye kuri byinshi, bituma abakora mu mitangire ya serivisi z’ubukerarugendo n’amahoteli bagomba guhora batyaza ubwenge.

Umukunzi Paul yabwiye abitabiriye igikorwa cyo kumurika ubumenyi bw’abahuguwe no gushimira ababigizemo uruhare, ko intego ya Rwanda TVET Board ari guha igihugu abakozi bafite ubumenyi ngiro buhamye.

Ubumenyingiro mu bukorikori n’ubugeni ni kimwe mu bintu by’ingenzi byatumye ibihugu bitera imbere.

Ubudage, Ubuyapani, Singapore… ni bimwe muri ibyo bihugu byashyize imbere ubumenyi ngiro mu nzego zitandukanye, havamo iterambere bishimirwa.

U Rwanda rwiyemeje kuzamura uru rwego kugira ngo urubyiruko rwarwo ruzabe rufite imirimo rukora ishingiye ku kazi rwihangiye cyangwa kahanzwe n’abandi.

Mu rwego rw’ubukerarugendo, ikigo Rwanda TVET Board kivuga ko gahunda ya ‘Ubukerarugendo Imbere Project’ izashyira mu bikorwa mu rwego rwo kugera ku ntego z’iterambere u Rwanda rwiyemeje zikubiye muri NST 1( National Strategic Transformation 1).

Umushinga ‘Ubukerarugendo Imbere Project’ watewe inkunga n’Umuruango w’Ubumwe bw’Uburayi.

Uwari uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi wateye inkunga iki gikorwa

Indi nkuru bijyanye:

Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Ibigo 30 By’Icyitegererezo Mu Myuga n’Ubumenyingiro

TAGGED:AmahoteliImyugaRwandaSerivisiTVETUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Impunzi Y’Umurundi Yapfuye Mu Buryo ‘Bw’Amayobera’
Next Article ‘Uwahoze’ Ari Umunyamakuru Mu Rwanda Yagiye Muri RNC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?