Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali Green Complex: Inyubako Ya Mbere Ndende Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kigali Green Complex: Inyubako Ya Mbere Ndende Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2023 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iterambere ry’u Rwanda muri rusange ribanziriza mu Murwa mukuru warwo ari wo Kigali. N’ubwo ryaguka rikagera n’ahandi vuba kuko igihugu ari gito kandi kiyobowe neza, ibintu byose biranga iterambere ry’u Rwanda bibanza muri Kigali.

Ibyinshi muri ibyo biranga amajyambere ni ibikorwaremezo birimo imihanda, imodoka cyangwa moto zikoresha amashanyarazi, cameras za polisi zituma abantu birinda umuvuduko munini n’ibindi.

Mu rwego rw’ibikorwaremezo, u Rwanda rubinyujije mu kigo cyarwo cy’ubwiteganyirije, rugiye kubaka inzu idasanzwe haba mu myubakirwe ndetse no mu kamaro kayo mu kurengera ibidukikije.

Bayise Kigali Green Complex, ikazaba ifite igeretse etaje 26 bityo ikazaba ari yo ya mbere ndende mu Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikigo gishamikiye kuri RSSB kitwa Ultimate Developers Limited nicyo kizayubaka.

Nicyo gifite inshingano zo kubakira RSSB inyubako n’ibindi bikorwaremezo bibyara inyungu.

Ni ikigo cyashinzwe mu mwaka wa 2011.

Amakuru avuga ko inyubako Kigali Green Complex izubakwa mu kibanza kigari kiri ahahoze Inzu ndangamurage y’u Rwanda n’Ubufaransa.

Hagati aho hari indi mishinga iremereye ijyanye n’ubwubatsi Leta y’u Rwanda ishaka kubaka mu nyungu rusange z’abaturage harimo n’inzu izubakwa ahahoze Minisiteri y’ubutabera yitwa Inzovu Mall.

- Advertisement -
TAGGED:BufaransafeaturedIbidukikijeInzuKigaliRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Bujakera Wa Jeune Afrique Yimuriwe Muri Gereza Nkuru
Next Article Hashyizeho Uburyo Bukomatanyije Bwo Gukemura Ibibazo By’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?