Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali Peace Marathon Izashyirwa Ku Rwego Rw’Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kigali Peace Marathon Izashyirwa Ku Rwego Rw’Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Irushanwa ryiswe Kigali Peace Marathon ryari risanzwe ryitabirwa n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye, guhera mu mwaka wa 2024 rizazamurirwa urwego rijye ku rwego rw’isi.

Ni amakuru yatangajwe na Minisiteri ya siporo.

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwavuze ko gahunda yo  gushyira ririya rushanwa ku yindi ntera igiye gutangira gushyirwa mu bikorwa mu gihe gito.

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju Mimosa avuga ko muri iki gihe igihembo cya mbere cy’uwatwaraga iri rushanwa cyari $20,000 ariko ko mbere cyahoze ari $,4000.

Uwatwaraga ariya madolari yabaga yatwaye n’umudali wa zahabu muri marathon yuzuye.

Icyakora ngo u Rwanda rwiteguye kuzamura icyo gihembo kandi rugakora n’ibisigaye kugira ngo iryo rushanwa rigera ku rundi rwego.

Minisitiri Munyangaju yatangaje ibi nyuma y’uko Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’imikino ngororamubiri muri Afurika Hamad Kalkaba Malboum abonanye na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente.

Hamad Kalkaba Malboum ari mu bantu bitabiriye iri rushanwa riheruka kubera i Kigali taliki 11, Kamena, 2023.

Asanga iri siganwa ridafitiye akamaro u Rwanda gusa ahubwo ko rikwiye kuzamurirwa intera rikaba iryo ku rwego rw’isi bityo n’isi ikabyungukiramo.

Yagize ati “Ibyo niboneye ejo ni uko Kigali International Peace Marathon ari isiganwa ry’ingirakamaro ku Rwanda mbere na mbere yego ariko ni irushanwa ry’ingenzi cyane kuri Afurika n’Isi ya siporo yose muri rusange”.

Avuga ko rikwiye kuzamurirwa intera kandi ngo Kigali Peace Marathon y’ubutaha izaba yararangije gushyirwa ku rwego rw’isi.

Yemeza ko ibi yabiganiriyeho na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente na Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju bemeranya ko Guverinoma y’u Rwanda izabishyiramo imbaraga bigakorwa.

Hamad Kalkaba Malboum na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente

Ikindi uyu munyacyubahiro avuga ko yaganiriyeho n’abayobozi bo mu Rwanda, ni uko muri iki gihugu ‘hashobora’ kuzubakwa ikigo cy’icyitegererezo mu mikino ngororamubiri kikazaba ari icya mbere muri Afurika.

Hamad Kalkaba Malboum ati: “Mbere na mbere ndashimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda  Paul Kagame wemeye kunyakira binyuze kuri Minisitiri w’Intebe tukaganira ku buryo mu Rwanda twahashyira ikigo cyo ku rwego rwo hejuru mu mikino ngororamubiri n’uburyo ubuyobozi bw’u Rwanda bwafasha mu iterambere ry’umukino wacu kuri uyu mugabane”.

Irushanwa rya Kigali International Peace Marathon rimaze igihe riri ku rwego mpuzamahanga.

Abarisiganwa babikora mu byiciro bitatu.

Hari abasiganwa mu rwego rwo kwishimisha( Run for Peace) hakaba abasiganwa igice cya marathon( half marathon) ndetse n’abasiganwa marathon yuzuye(full marathon).

Abantu 70 basiganwa n’amaguru mu buryo bw’umwuga nibo baherutse kwitabira iri siganwa ngarukamwaka riharuka kubera i Kigali.

TAGGED:featuredIsiIsiganwaKagameKigalimarathonMpuzamahangaMunyangajuNgirentePeaceRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yarasanye Na Mai Mai
Next Article U Rwanda Rwakiriye Uwa 30 Mu Bandi 1,148 Rukurikiranyeho Jenoside Baba Mu Mahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?