Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali Peace Marathon Izashyirwa Ku Rwego Rw’Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kigali Peace Marathon Izashyirwa Ku Rwego Rw’Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Irushanwa ryiswe Kigali Peace Marathon ryari risanzwe ryitabirwa n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye, guhera mu mwaka wa 2024 rizazamurirwa urwego rijye ku rwego rw’isi.

Ni amakuru yatangajwe na Minisiteri ya siporo.

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwavuze ko gahunda yo  gushyira ririya rushanwa ku yindi ntera igiye gutangira gushyirwa mu bikorwa mu gihe gito.

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju Mimosa avuga ko muri iki gihe igihembo cya mbere cy’uwatwaraga iri rushanwa cyari $20,000 ariko ko mbere cyahoze ari $,4000.

Uwatwaraga ariya madolari yabaga yatwaye n’umudali wa zahabu muri marathon yuzuye.

Icyakora ngo u Rwanda rwiteguye kuzamura icyo gihembo kandi rugakora n’ibisigaye kugira ngo iryo rushanwa rigera ku rundi rwego.

Minisitiri Munyangaju yatangaje ibi nyuma y’uko Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’imikino ngororamubiri muri Afurika Hamad Kalkaba Malboum abonanye na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente.

Hamad Kalkaba Malboum ari mu bantu bitabiriye iri rushanwa riheruka kubera i Kigali taliki 11, Kamena, 2023.

Asanga iri siganwa ridafitiye akamaro u Rwanda gusa ahubwo ko rikwiye kuzamurirwa intera rikaba iryo ku rwego rw’isi bityo n’isi ikabyungukiramo.

Yagize ati “Ibyo niboneye ejo ni uko Kigali International Peace Marathon ari isiganwa ry’ingirakamaro ku Rwanda mbere na mbere yego ariko ni irushanwa ry’ingenzi cyane kuri Afurika n’Isi ya siporo yose muri rusange”.

Avuga ko rikwiye kuzamurirwa intera kandi ngo Kigali Peace Marathon y’ubutaha izaba yararangije gushyirwa ku rwego rw’isi.

Yemeza ko ibi yabiganiriyeho na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente na Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju bemeranya ko Guverinoma y’u Rwanda izabishyiramo imbaraga bigakorwa.

Hamad Kalkaba Malboum na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente

Ikindi uyu munyacyubahiro avuga ko yaganiriyeho n’abayobozi bo mu Rwanda, ni uko muri iki gihugu ‘hashobora’ kuzubakwa ikigo cy’icyitegererezo mu mikino ngororamubiri kikazaba ari icya mbere muri Afurika.

Hamad Kalkaba Malboum ati: “Mbere na mbere ndashimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda  Paul Kagame wemeye kunyakira binyuze kuri Minisitiri w’Intebe tukaganira ku buryo mu Rwanda twahashyira ikigo cyo ku rwego rwo hejuru mu mikino ngororamubiri n’uburyo ubuyobozi bw’u Rwanda bwafasha mu iterambere ry’umukino wacu kuri uyu mugabane”.

Irushanwa rya Kigali International Peace Marathon rimaze igihe riri ku rwego mpuzamahanga.

Abarisiganwa babikora mu byiciro bitatu.

Hari abasiganwa mu rwego rwo kwishimisha( Run for Peace) hakaba abasiganwa igice cya marathon( half marathon) ndetse n’abasiganwa marathon yuzuye(full marathon).

Abantu 70 basiganwa n’amaguru mu buryo bw’umwuga nibo baherutse kwitabira iri siganwa ngarukamwaka riharuka kubera i Kigali.

TAGGED:featuredIsiIsiganwaKagameKigalimarathonMpuzamahangaMunyangajuNgirentePeaceRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yarasanye Na Mai Mai
Next Article U Rwanda Rwakiriye Uwa 30 Mu Bandi 1,148 Rukurikiranyeho Jenoside Baba Mu Mahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?