Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Urubyiruko Rwa Sudani Y’Epfo Ruravugwaho Ubusinzi N’Urugomo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Urubyiruko Rwa Sudani Y’Epfo Ruravugwaho Ubusinzi N’Urugomo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2023 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Harya no hino mu Mujyi wa Kigali hari abaturage bavuga ko urubyiruko rwo muri Sudani y’Epfo rumaze igihe rugaragaraho urugomo ruterwa ahanini no kunywa cyane rugasinda.

Umumotari witwa Ndagijimana avuga ko hari ubwo utwara umwe muri bariya basore akanga kukwishyura.

Ati: “ Hari uwo nigeze kujyana kuri Kigali Heights arangije aragenda nsanga ntakwirirwa njya guhangana n’umuntu utazi Ikinyarwanda, ndamwihorera aragenda.”

Kutishyura umumotari ni ikibazo ariko muri rusange igihangayikishije abaturage bo mu Mujyi wa Kigali aho ruriya rubyiruko rutuye cyangwa rukunze gufatira icupa ni urugomo rukurikira ubusinzi.

Uburyo ururimi rw’iwabo ruvugwa hari ubwo bamwe bumva ko bari gutongana.

Mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro ahitwa Nyakabanda hari ahavugwa abo basore bakunze gusakuza umuhanda wose iyo bamanuka bataha.

Televiziyo BTN iherutse gushyira video kuri X yerekana imirwano y’aba basore bari basohokeye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Muri iyo video hagaragara abasore bari guterana imigeri, umwe bamukurubana hafi.

Abaturage bavuga ko imirwano y’abo basore iba ikomeye k’uburyo bamena ibirahure, imidugararo ikamanuka igasanga abaturage muri karitsiye aho batuye.

Iyi video ni kimwe mu byo abaturage bavuga ko byerekana imyitwarire idahitse igaragara muri bamwe mu rubyiruko rw’abanya Sudani y’Epfo biga cyangwa baba mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

Polisi y’u Rwanda irababurira…

Taarifa yabajije icyo Polisi nk’Urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’umudendezo w’Abanyaranda ivuga kuri iyo ngingo, Umuvugizi wayo Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga adusubiza ko ibyo abo basore bakora bakwiye kubireka.

Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga

ACP Rutikanga yagize ati: “ Urugomo no guhungabanya ituze rya rubanda ntabwo byemewe kandi bihanwa na mategeko kuri buri wese yaba Umunyarwanda cyangwa Umunyamahanga.”

Ntiyeruye ngo avuge uko bizagenda mu gufata abo basore baje mu Rwanda kuhashakira ubumenyi n’ubuzima ariko muri rusange Polisi y’u Rwanda ivuga ko nta muntu ukwiye kubuza Abanyarwanda amahwemo, uwo yaba ari we wese.

Iyi niyo mpamvu hashyizweho n’amasaha utubari tugomba gufungira n’ayo ibirori bigomba kuba byahagaritswe.

TAGGED:KigaliPolisiRwandaUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article u Rwanda Rurashaka Guca Malaria Burundu
Next Article Abatuye Umujyi Wa Goma Bongeye Kumirikirwa N’Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kuba Twahurira Washington Tukagira Ibyo Twemeranyaho Ni Ikintu Cyiza-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rurakina Na Guinea Rushaka Tike Y’Igikombe Cy’Isi Muri Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?