Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2025 8:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibyo yakoze byakuye benshi umutima.
SHARE

Ku manywa y’ihangu kuri uyu wa Gatanu tariki 26, Ukuboza, 2025 umugabo yafashwe amashusho ari kumena ibirahure by’imodoka zari ziparitse muri kamwe mu duce tw’Umujyi wa Kigali.

Umujinya yabikoranye watumye abamubonye biruka bakizwa n’amaguru batinya ko nabo yabagirira nabi.

Umwe mu bacuruzi bakorera muri kiriya gice yabwiye Taarifa Rwanda ko biriya byabereye hafi y’ahitwa ku musigiti.

Ati: “ Byabaye ku manywa rwose, bibera ku Musigiti. Birashoboka ko hari n’umuntu yaba yarakomerekeje kuko urebye ubukana yabikoranye ubona ko atabuze uwo akomeretsa.”

Uyu mucuruzi usanzwe ukorera mu nyubako bita ‘Kwa Makuza’  muri etaje ya mbere yavuze ko ubirebye neza, wabona ko uriya muntu yari afite ikibazo cyo mu mutwe.

Avuga nta muntu wasinda ngo agire igitekerezo cyo kumena imodoka zose atavanguye ngo wenda yihimure ku muntu wamuhemukiye.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yatubwiye ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uriya mugabo arwaye mu mutwe, kandi ngo umuntu urwaye mu mutwe ataba umunyabyaha, ahubwo aba ari umurwayi ukwiye kugirirwa ibanga.

Ati: “Erega iyo bigaragaye ko umuntu arwaye binyuze mu iperereza ry’ibanze, uba ugomba kumugirira ibanga. Nitwatangaza amazina cyangwa inkomoko y’umuntu urwaye mu mutwe ahubwo twamujyanye kwa muganga.”

Kuri X/Twitter, Polisi yanditse ko yasanze uriya mugabo afite uburwayi bwo mu mutwe, akaba yajyanywe mu bitaro bibuvura biri mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.

Haranditse hati: “Muraho. Umugabo wagaragaye  muri aya mashusho yafashwe. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko afite uburwayi bwo mu mutwe. Yajyanywe mu bitaro bya CARAES  i Ndera. Murakoze”.

Ubukana yabikoranye bushobora gukura abantu umutima k’uburyo kongera guparika ahantu hatari mu nzu zo hasi( bita caves) bizajya bibanza kubagora.

TAGGED:IbitaroimodokaKigaliNderaPolisiUmugaboUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze
Next Article Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?