Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2025 5:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Cyambwe, Umurenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe hafi y’ikiyaga cya Cyambwe hari abaturage beza buri gihe babikesha kuhiza amazi akururwa n’imashini zikoreshwa n’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Habimana ni umwe muri bo akavuga ko ubu yeza soya ikamufasha mu kwihaza mu biribwa binyuze mu guhinga no gusarura mu buryo buhoraho adategereje ko imvura izagwa.

Ati: “Mbere twezaga gake ndetse hari n’abari barahunze kubera izuba ryavana mu buryo budasanzwe rikumisha imyaka. Iki kiyaga cyari cyaradupfiriye ubusa. Ubu iyo bamwe bejeje soya, abandi baba bateye ibigori. Ntitugisonza nka mbere.”

Imyaka beza barayirya indi bakayigurisha, bakabona amafaranga yo kugura ibikoresho byo mu rugo, kwishyura Mutuelle, kwishyura amafaranga y’ishuri ry’abana no gukemuza ibindi bibazo by’imiryango y’abaturage b’icyaro muri rusange.

Mukarugarama nawe avuga ko abatekereje kubyaza umusaruro imirasire y’izuba bagize neza.

Asanga iyo bitaba ibyo, agace batuye kaba karabaye ubutayu.

Ati: “Twe twari abana ariko ababyeyi bacu wasangaga batujyana za Rwamagana twarasuhutse kubera uruzuba rwakaga muri kiriya gice.”

Uruganda rubyaza amashanyarazi imirasire y’izuba ruri ku nkombe y’ikiyaga cya Cyambwe, rukagira ibyo bita panneaux solaires 10,500.

Buri panneau itanga ibyo mu mashanyarazi bita voltage 400, bityo kuko zose ari 10,500 iyo ukubye ayo mashanyarazi ahinduka megawatt 3.3.

Imirasire y’izuba iramanuka ikikubita kuri icyo cyuma giteye nk’umusambi urambuye ari cyo bita panneau, hanyuma intsinga zikiri munsi zigafata ubwo bushyuhe zikabwohereza mu kindi cyuma bita converter gishinzwe kubufata kikabuhinduramo amashanyarazi asanzwe.

Iki cyuma nicyo gikurura ubushyuhe bukaza kuvamo amashanyarazi

Ayo mashanyarazi ahuzwa n’andi asanzwe atangwa na EUCL ubundi akaba ari yo akoreshwa mu mashini zikurura amazi mu kiyaga cya Cyambwe akuhirwa imirima y’abaturage bari mu makoperative iherereye hafi aho.

Uyu mushinga watangijwe mu mwaka wa 2016, ukaba warakozwe ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’Ikigo Howard Graham Buffett Foundation.

Iki kigo gukorana na REG

Ndagijimana Fabien uyobora ikigo Nasho Solar Irrigation Power Plant avuga ko iki gikorwaremezo cyatumye abari barahunze kubera amapfa ubu basigaye bishimira ko beza mu bihe bitandukanye.

Fabien Ndagijimana

Ati: “Aho utangirijwe, wahise ugarurira abaturage ba Nasho akanyamuneza kuko beza bakarya bakanagurisha kugira ngo isoko ribahe amafaranga yo kwikenuza.”

Uretse inganda nka Shema Power Plant ruri mu Murenge wa Nyamyumba muri Rubavu rutanga Megawatt 50( rushaka kongeraho izindi zigera kuri 20), hari izindi nganda ziri kubakwa.

Hari uruganda rutunganya amashanyarazi ruri kubakwa hagati ya Muhanga na Gakenke kuri Nyabarongo rwiswe Nyabarongo II ruzatanga Megawatt 43.5 mu mwaka wa 2027 nirwuzura.

Imibare igaragaza ko 82.% by’ingo z’u Rwanda zifite amashanyarazi ariko kuko igihugu kiri kuzamura inganda, gikeneye ingufu nyinshi kandi zituruka ku masoko menshi.

Icyakora umuhati warwo mu kugera ku ngufu zihagije n’umuvuduko rwakoresheje ngo rugere aho rugeze muri uru rwego watumye rwakira Inama mpuzamahanga y’abahanga mu by’ingufu yatangiye Tariki 08, kuzageza Tariki 12, Nzeri, 2025.

Iyo nama igize Icyumweru bise Energy Week cyaganiriwemo uko u Rwanda rwabigenje ngo rugere ku rwego ruriho mu by’ingufu n’abandi barusangize uko iwabo babigenza.

Inama ibera mu Rwanda yiga ku ngufu zisubirq yateguwe na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’ibikorwa remezo ifatanyije n’abagize urwego rw’abikorera mu by’ingufu zisubira zo mu Rwanda, Energy Private Developers, EPD.

TAGGED:Abaturage NashoAmashanyarazifeaturedIkirereKirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?