Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Akurikiranyweho Kwica Umwana We Amuta Mu Musarane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirehe: Akurikiranyweho Kwica Umwana We Amuta Mu Musarane

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Mataba, Akagari ka Kagasa mu Murenge wa Nyamaguri hari umugabo watawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranweho  kwica umwana we  umurambo akawuta  mu bwiherero.

Uwo mugabo afite imyaka 35. Afunganywe n’umugore we ndetse n’undi muntu.

Umurambo wuwo mwana wabonetse kuri uyu wa Gatandatu taliki 01, Mata, 2023 mu mugoroba.

Umwana yari afite imyaka ine kandi yari umuhungu.

Yatangiye kubura mu ntangiroro z’iki cyumweru Nyina abajije Se niba yamenya aho umwana aherereye undi amusubiza ko agomba gutegereza kandi ko azamubona.

Bidatinze undi yagiye gutanega ikirego mu bugenzacyaha, avuga ko yabuze umwana we.

Ubugenzacyaha bwaje gufunga uwo mugabo mu rwego rwo gukora iperereza ariko we akomeza kwemeza ko umwana yaburiwe irengero.

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru nibwo inzego z’ubugenzacyaha zafunze uriya mugabo, ariko akavuga ko umwana yaburiwe irengero.

Umwe mu bayobozi ku rwego rw’ibanze yabwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko kuri uyu wa Gatandatu ari bwo  batunguwe no gusanga umwana yarishwe na Se akamujugunya mu bwiherero.

Yagize ati: “..Yishe umwana we w’imfura kandi twamusanze mu bwiherero.”

Kuri rundi ruhande, ngo uriya mugabo ntiyemeraga ko uriya mwana ari uwe ariko aho agereye mu bugenzacyaha aza kwemera ko ari uwe.

Uwo muyobozi yakomeje agira ati: “Kubera ko umwana twamubuze ku wa Mbere, Nyina yari azi ko yazimiye n’umugabo akavuga ko yazimiye. Twakomeje kugenda dushakisha, uyu munsi (ku wa Gatandatu), twongeye gusaka bwa kabiri. Twageze ku bwiherero bwe tukumva umunuko udasanzwe, tukabona hari isazi dufata umwanzuro wo kuyisenya, byari bikomeye cyane.”

Avuga ko kuyisenya byabagoye kubera ko uwo mugabo yari yararengejeho béton kandi yarumye.

Bahereye saa yine za mu gitondo bayisenga saa cyenda zishyira igicamunsi baba ari bwo bayirengiza.

Nibwo basanze umurambo w’uwo mwana ari waracagaguwemo ibice kugira ngo abona uko amusunikira mu musarane.

Umutwe w’umwana ariko  babanje kuwubura kubera ko yawuhambye ukwawo kuko wanze guca mu mwenge w’umusarane.

Se w’umwana ufunzwe akaba yabwiye ubuyobozi aho yawushyinguye, barahacukura barawubona.

Amwe mu makuru avuga ko uwo mugabo yabyaye uwo mwana ku mukobwa ngo bari bamurangiyemo ubukire (mu by’ubupfumu), ariko ntibabana nk’umugore n’umugabo.

Amakuru akomeza avuga ko aho umwana akuriye, yajyaga ajya gusura Se n’umugore we yaje gushaka mu gihe cya COVID-19 bigateza ikibazo ndetse uwo mugore muto aza kuva mu rugo rw’uwo mugabo asubira iwabo.

Amakuru nanone avuga ko  Nyina w’uyu mugabo ni ukuvuga Nyirakuru w’umwana wishwe, na we yajyanywe n’inzego z’ubugenzacyaha mu rwego rw’iperereza.

Abaturage bavuga ko atigeze akunda uwo wari umwuzukuru we kuko atakiriye umukobwa umuhungu we yari yateye iyo nda yavutsemo uriya mwana wishwe.

TAGGED:featuredKireheUmugaboUmugoreUmusaraneUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yavuye Mu Bitaro
Next Article Ishyaka Riyoboye u Burundi Rishima Uko FPR Inkotanyi Iyoboye u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?