Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe, Ngoma, Kayonza, Bugesera… uturere tuvugwaho kurigisa ifumbire ya hafi Miliyari Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirehe, Ngoma, Kayonza, Bugesera… uturere tuvugwaho kurigisa ifumbire ya hafi Miliyari Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2020 12:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Raporo yakozwe n’inzego za Leta zirimo n’iz’ubugenzacyaha yagaragaje ko Minisiteri y’ubuhinzi yahaye uturere ifumbire  kugira ngo tuyihe abahinzi kandi dukurikirane uko izashyurwa. Iyaburiwe irengero igera hafi kuri Miliyari Frw.

Nyuma abayobozi muri two bagize uruhare mu kuyitanga ntibagaragaje inyandiko zisobanura uko yatanzwe, abayihawe, ingano y’iyo bahawe, uko yishyuwe n’itarishyuwe uko ingana.
Iriya raporo ivuga ko uturere twahawe ifumbire ari Kirehe, Ngoma, Kayonza, Bugesera, Gatsibo, Rulindo, Burera, Gicumbi na Musanze.

Akarere ka Musanze niko kashoboye gutanga raporo ikubiyemo amakuru kuri iriya fumbire konyine.

Abakoze iriya raporo bavuga ko ubwo yandikagwa nta karere kari karashoboye kugaragaza ibyavuzwe haruguru kasabwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu masezerano turiya turere twagiranye na Minisiteri y’ubuhinzi harimo ko twagombaga gukurikirana imitangirwe yayo tukareba ko yageze kubo yari igenewe n’uko izishyurwa, tukabikoraho raporo isobanutse.

Kuri iyo nshingano nta makuru agaragara uturere twavuzwe haruguru twayitanzeho.

Inshingano ya kabiri iri mu masezerano  turiya turere twagiranye na MINAGRI harimo ko twagombaga gukorana n’abajyanama mu buhinzi, amakoperative y’abahinzi, na MINAGRI kugira ngo amafaranga yagombaga kwishyurwa n’abahawe ifumbire agaruzwe.

Hafunguwe ‘compte’ muri Banki y’abaturage muri turiya turere kugira ngo abe ariho amafaranga yishyuwe n’abahinzi azanyuzwa.

Amakuru y’uko ariya mafaranga yishujwe n’ingano y’ayashyizwe kuri comptes ni make.

- Advertisement -

Hari n’andi avuga ko bamwe muri ba gitifu b’utugari n’abakozi mu tugari  bashinzwe imibereho myiza y’abaturage bitwa ba SEDO batwaye amwe muri yo, bayakoresha mu nyungu zabo.

Kubera impamvu zivuzwe haruguru, hari impungenge ko hari amafaranga atarageze kuri MINAGRI.

Paji ya 10 ya raporo twavuze haruguru handitseho ko hari ibyagaragayemo byafatwa nko kunyereza ifumbire byakozwe n’uturere.

Itanga ingero zikurikira:

Mu mpera z’Igihembwe cya mbere cy’ihinga cyo muri 2010, Akarere ka Rusizi kahawe ibilo 305 by’ifumbire ya DAP kagombaga guhunika mu bigega byako ikazahabwa abaturage.

Ubwo igihembwe cya kabiri cyatangiraga, hakozwe isuzumwa bigaragara ko hari ibilo 173, 412 byaburiwe irengero.

Umugabo wari uyoboye Koperative y’abahinzi yitwa COTIBU yo mu murenge wa Buruhukiro muri Nyamagabe witwa Martin Ndengeyimfura yahawe ifumbire ifite agaciro ka Frw 52, 962, 460 arayitanga nyuma agiye kwishyuza abona Frw 30, 167,860 aho kugira ngo ayashyire kuri compte y’Ikigo kitwa SOPAV cyari cyayimuhaye ahubwo arayacikana yimukira mu Karere ka Kayonza mu murenge wa Ndego.

Mu karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kabarore, abagabo  babiri bahimbye Koperative ya baringa ihabwa ifumbire ariko ntiyagaruza amafaranga abahinzi bagombaga kuyitanzeho.

Abo bagabo ni Nsekanabo Emmanuel na Rwakibibi Pierre.

Mu murenge wa Mukura mu Karere ka Huye naho hari umugabo wahoze ari Perezida wa Koperative yitwa COAGIMPA warigishije Frw 40 000 000 zagombaga gushyirwa kuri compte yishyurirwaga ho amafaranga yishujwe abahinzi bafashe ifumbire. Uyu mugabo yitwa Dufitumukiza Anaclet.

N’ubwo umunyemari Alfred Nkubiri ari mu rukiko akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ibura ry’ifumbire mu Karere ka Kirehe, raporo yakozwe n’inzego zirimo RIB na Polisi y’u Rwanda ivuga ko yamenyesheje ubuyobozi bw’Akarere ko hari ifumbire iri kunyerezwa mu mirenge ya  Mahama, Kigarama, Musaza, Kirehe, Nyarubuye, Kigina na Gahara.

Raporo ivuga ko Nkubiri yabwiye Akarere ka Kirehe ko abantu banyerezaga iriya fumbire barimo abayobozi b’utugari n’imirenge, ikemeza ko ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe ntacyo bwabikozeho.

Hagati ya 2009 na 2011 ndetse kugeza muri 2014 Akarere ka Kirehe kayobowe n’abagabo babiri aribo Patrick Mpozumwami na Protais Murayire.

Protais Murayire yaje kwegura muri 2014 ku mpamvu avuga ko zatewe n’umwe mu bo bakoranaga nk’uko yigeze kubibwira The New Times.

Imibare iri mu bitabo bya MINAGRI ivuga ko uturere twananiwe kwerekana irengero rya Frw 820, 590, 934.

Mu rwego rw’ubutabera birakwiye ko abashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta bazabaza abahoze bayobora uturere twavuzwe haruguru irengero ry’amafaranga yari agamije guteza imbere ubuhinzi.

TAGGED:AkarerefeaturedMinisiteriNkubiriPolisiRaporoRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Komisiyo y’amatora yigije imbere igihe cyo kwakira Kandidatire z’abo muri Njyanama
Next Article DRC: Ubwato bwarohamye buhitana abantu 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?