Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Umuforomo Akurikiranyweho Gusambanya Uwo Yari Agiye Kubyaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirehe: Umuforomo Akurikiranyweho Gusambanya Uwo Yari Agiye Kubyaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2023 7:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Mahama haravugwa inkuru y’umuforormo ukorera mu kigo nderabuzima cy’uyu murenge watawe muri yombi n’Ubugenzacyaha akurikiranyweho gusambanya umugore yari agiye kubyaza.

Iki cyaha bivugwa ko yagikoze taliki 23, Kamena, 2023.

Uwari ugiye kubyara niwe wabyivugiye, avuga ko yari avuye mu rugo akagera ku kigo Nderabuzima cya Mahama agiye kubyara ubwo yajyaga mu isuzumiro uwo muforomo w’imyaka 46, aramusambanya.

Uvugwa ko yasambanyijwe ni umugore muto kuko afite imyaka 23 y’amavuko.

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko “uwahohotewe yahise atabaza” uriya muforomo atabwa muri yombi ku wa 24 Kamena 2023.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yabwiye itangazamakuru ko ubugenzacyaha bwihanangiriza abantu bose bishora mu byaha ibyo ari byo byose.

Ati: “Ntabwo RIB izihanganira umuntu wese uzishora mu byaha nk’ibyo. Ni ubunyamwuga buke kandi ni ibikorwa bihanwa n’amategeko, gufatirana umuntu uri mu ntege nke warangiza ukamokorera ibyaha nk’ibyo.”

Ubugenzacyaha buvuga ko umuntu wese uzakora icyaha icyo ari cyo cyose buzamugenza, hanyuma agakurikiranwa n’amategeko.

Umuforomo ukekwaho icyo cyaha afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kirehe, mu gihe hagiye gutunganywa dosiye ye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato gihanwa n’ingingo ya 134 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Giteganyirizwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka 10 ariko kitarenze 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 1.000.000 Frw ariko atarenze 2.000.000 Frw.

TAGGED:featuredIbitaroKireheKubyaraMahamaUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Biruta Yitabiriye Inama Yiga Ku Mutekano Wa DRC
Next Article Rwandair Yatangiye Kujya i Paris Ntaho Ihagaze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?