Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kizz Daniel Azaza Mu Gitaramo Kizaterwa Inkunga Na MTN Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Kizz Daniel Azaza Mu Gitaramo Kizaterwa Inkunga Na MTN Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2022 11:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

MTN yasinye amasezerano ayiha uburenganzira bwo kuba umuterankunga mukuru w’iserukiramuco ryiswe ATHF Festival 2022 byitezwe ko rizaririmbwamo n’umuhandi Kizz Daniel.

Oluwatobiloba Daniel Anidugbe wamenyekanye cyane ku izina rya Kizz Daniel ni umuhanzi ukomoka muri Nigeria. Arandika akananarimba.

Yamenyekanye cyane mu ndirimbo ebyiri ari zo “Woju” na “Yeba”.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru, MTN Rwanda yasinye amasezerano ayemerera kuba umuterankunga mukuru w’iserukiramuco rya muzika rizahuriramo abahanzi 20.

Baryise ‘MTN/ATHF Festival.’

Amakuru dufite avuga ko MTN Rwanda yashyize amafaranga menshi muri iri serukiramuco rizamara iminsi ibiri, ni ukuvuga guhera Taliki 12 kugeza Taliki 13, Kanama, 2022, rikazabera Rebero mu Kibuga gikikije ahitwa  Canal Olympia.

Hafite ubushobozi bwo kwakira abantu barenga 3,000.

Umugabo witwa  Simon Iyarwema uri mu itsinda riri gutegura ririya serukiramuco, yabwiye Taarifa ko biteze ko rizaba uburyo bwiza bwo guhuza abahanzi bo mu Rwanda n’abandi bo muri Afurika bagasangizanya ubunararibonye.

Iri serukiramuco rizaba ari uburyo bwo kongera gukundisha abantu ibyiza byo guhura bakabyina kugeza bucyeye.

Byahozeho mbere ariko COVID-19 iza kubikoma mu nkokora.

Iyarwema ati: “ Rizaba iserukiramuco ry’iminsi ibiri kandi rwose abantu bazishima bihagije. Hazaba ari kuwa Gatanu no ku wa Gatandatu, abantu baruhuke, bazagere mu kazi ku wa Mbere bashize amavunane.”

Abandi bahanzi bakomeye bazaryitabira ni icyamamare cyo muri Uganda kitwa Sheebak Karungi.

Mu Banyarwanda bamaze kumenyekana mu muziki, abazitabira ririya serukiramuco bazahasanga Bruce Melodie, Ariel Wayz, Ish Kevin na Niyo Bosco.

Azaririmbana n’abandi bahanzi barimo na Niyo Bosco

Abavangavanzi b’imiziki( DJs) nabo bazaba bakoze ku byuma byabo.

Abamaze kwemeza kugeza ubu  ko bazaherekanira ubuhanga bwabo ni DJ Toxxyk, DJ Marnaud, DJ Ira, DJ Douce, DJ Otega n’abandi.

Abashyushyarugamba bigatinda babiri nibo bazasusurutsa abantu. Abo ni  MC Tino na  Anitha Pendo.

Ibindi bigo byateye inkunga ririya serukiramuco ni Bralirwa, RwandAir, Ubumwe Hotel, RCB, Canal Olympia, Inyarwanda, Taarifa, KT Radio n’ibindi.

Ikigo RCB cyo cyatanze umusanzu mu gutanga abahanga mu gushyira ku murongo ibyuma bicurangishwa.

RwandAir nayo ntizahabura.

Umuntu wese wumva akumbuye ibirori nka biriya ashobora gutangira kwiyandikisha no kwishyura hakiri kare.

Yabikora mu buryo bwinshi:

Yaca ku rubuga rwabigenewe ari rwo www.val-wallet.com/ATHF  cyangwa akajya ku bantu bemerewe kugurisha amatike mu Mujyi wa Kigali.

Kwishyura kuri MoMo Code 541000 biremewe cyangwa ukishyura mu Madolari( USSD): ukanze *544*1000#  ugakurikiza amabwiriza.

Uwakenera ibisobanuro birambuye yahamagara kuri 0791700693 cyangwa  0784660278.

TAGGED:DanielfeaturedIserukiramucoKizzMTN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Frw 5,000 Ubu Wagira Amahirwe Yo Kureba Imipira Ikomeye Kuri CANAL+
Next Article Madederi Wo Muri Papa Sava Yashinze Ikigo Cy’Ubwubatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bunyoni Ararembye

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu Rwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?