Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Komisiyo Y’Afurika Yunze Ubumwe Yishimiye Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Komisiyo Y’Afurika Yunze Ubumwe Yishimiye Guhura Kwa Kagame Na Tshisekedi 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2025 7:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Mahamoud Ali Youssouf yavuze ko guhura kwa Kagame na Tshisekedi bahuriye i Doha muri Qatar ari ibyo kwishimira.

Abakuru b’ibihugu byombi baraye bahuriye i Doha muri Qatar ku buhuza bw’umuyobozi w’ikirenga w’iki gihugu Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani.

Youssouf yavuze ko guhura kwa Kagame na Tshisekedi ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda na DRC ari ibihugu bishaka gusubiza ibintu mu buryo.

Avuga ko bigaragaza ko amahoro n’umutekano birambye ari intego Kigali ‘ihuje’ na Kinshasa.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe avuga ko kuba Abakuru b’ibihugu byombi bagaragaje ko bashaka ko intambara hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa Kinshasa ihagarara ari ibyo kwishimira.

Ibi ngo bigaragarira no mu nama zahuje EAC na SADC harimo n’iyabereye i Dar es Salaam Tariki 08, Gashyantare, 2025.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko uzashyigikira ingamba z’iriya miryango mu guhuza impande zombi, ukemeza ko ibisubizo bitanzwe b’Abanyafurika ku bibazo byabo biba ari ibyo gushyigikirwa.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Mahamoud Ali Youssouf yashimiye Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani kubera uruhare rwe mu kongera kubaka umubano hagati ya Kigali na Kinshasa.

Icyakora Afurika Yunze Ubumwe isaba izindi nzego zisanzwe ziri muri iki kibazo gukomeza gusigasira umuhati wo kugarura no kubungabunga amahoro mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba aho u Rwanda na DRC biherereye.

TAGGED:AfurikafeaturedKagameKomisiyo UbumweTshisekediUmuryangoYoussouf
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Equity Bank Plc Igiye Gufasha Abantu Gusobanukirwa Iby’Imari
Next Article Ibifaro Bya Israel Byasubiye Muri Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?