Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2024 12:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Hon Oda Gasinzigwa
SHARE

Komisiyo y’igihugu y’amatora yasabye abifuza gutorerwa kuyobora u Rwanda kutazahirahira ngo bahimbe imikono y’ababasinyiye hirya no hino mu gihugu.

Perezida w’iyi Komisiyo y’amatora Oda Gasinzigwa avuga ko aho amataliki ageze aha, hari benshi banditse bavuga ko bashaka kuziyayamariza kuyobora u Rwanda ndetse n’abashaka kuzaba Abadepite.

Taliki 17, Gicurasi, 2024 nibwo kandidatire zizatangira gutangwa n’aho kwiyamamaza byo bizatangira taliki 22, Kamena birangire taliki 13, Nyakanga, 2024.

Amatora y’Umukuru w’igihugu azaba taliki 14 na 15, Nyakanga, 2024.

Abakandida bigenga batangiye gukusanya imikono taliki 18, Mata, kandi bagomba kuzageza taliki 30, Gicurasi, 2024 bararangije kuzigeza kuri Komisiyo y’amatora.

Buri wese mu bifuza kuba Perezida wa Repubulika agomba kubona imikono y’abantu 600 bemeza ko bamuzi kandi azira amakemwa.

Abantu 600 bangana n’abantu 12 muri buri Karere mu turere 30 tugize u Rwanda.

Mu kiganiro Komisiyo y’amatora iherutse guha abanyamakuru, ntiyatangaje amazina y’abantu bemeje ko baziyamamariza kuyobora u Rwanda ariko umwe muri bo witwa Phillipe Mpayimana yamaze kubitangaza mu minsi yatambutse.

Uyu mugabo asanzwe akora muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda kandi mu mwaka wa 2017 nabwo yari yiyamarije kwicara mu Ntebe y’ubuyobozi iruta izindi mu Rwanda.

Oda Gasinzigwa uyobora Komisiyo y’amatora avuga ko urutonde rw’abakandida ruzatangazwa mu gito kiri imbere.

Avuga ko site z’itora 2,441 n’ubwihugiko 17, 400 byamaze gutegurwa kandi abaturage miliyoni 9.5 bamaze kwiyandikisha ko bazatora.

TAGGED:AmatorafeaturedGasinzigwaImikonoKomisiyoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Nyarwanda Gisana Imihanda Kiyishyura Kitayisuzumye
Next Article Kurya Akaboga Biracyagoye Abanyarwanda Benshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wateye Tsunami Yishe Abantu 248

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?