Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2024 12:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Hon Oda Gasinzigwa
SHARE

Komisiyo y’igihugu y’amatora yasabye abifuza gutorerwa kuyobora u Rwanda kutazahirahira ngo bahimbe imikono y’ababasinyiye hirya no hino mu gihugu.

Perezida w’iyi Komisiyo y’amatora Oda Gasinzigwa avuga ko aho amataliki ageze aha, hari benshi banditse bavuga ko bashaka kuziyayamariza kuyobora u Rwanda ndetse n’abashaka kuzaba Abadepite.

Taliki 17, Gicurasi, 2024 nibwo kandidatire zizatangira gutangwa n’aho kwiyamamaza byo bizatangira taliki 22, Kamena birangire taliki 13, Nyakanga, 2024.

Amatora y’Umukuru w’igihugu azaba taliki 14 na 15, Nyakanga, 2024.

Abakandida bigenga batangiye gukusanya imikono taliki 18, Mata, kandi bagomba kuzageza taliki 30, Gicurasi, 2024 bararangije kuzigeza kuri Komisiyo y’amatora.

Buri wese mu bifuza kuba Perezida wa Repubulika agomba kubona imikono y’abantu 600 bemeza ko bamuzi kandi azira amakemwa.

Abantu 600 bangana n’abantu 12 muri buri Karere mu turere 30 tugize u Rwanda.

Mu kiganiro Komisiyo y’amatora iherutse guha abanyamakuru, ntiyatangaje amazina y’abantu bemeje ko baziyamamariza kuyobora u Rwanda ariko umwe muri bo witwa Phillipe Mpayimana yamaze kubitangaza mu minsi yatambutse.

Uyu mugabo asanzwe akora muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda kandi mu mwaka wa 2017 nabwo yari yiyamarije kwicara mu Ntebe y’ubuyobozi iruta izindi mu Rwanda.

Oda Gasinzigwa uyobora Komisiyo y’amatora avuga ko urutonde rw’abakandida ruzatangazwa mu gito kiri imbere.

Avuga ko site z’itora 2,441 n’ubwihugiko 17, 400 byamaze gutegurwa kandi abaturage miliyoni 9.5 bamaze kwiyandikisha ko bazatora.

TAGGED:AmatorafeaturedGasinzigwaImikonoKomisiyoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Nyarwanda Gisana Imihanda Kiyishyura Kitayisuzumye
Next Article Kurya Akaboga Biracyagoye Abanyarwanda Benshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?