Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Koperative ‘Ubumwe’ Yagaruriye Icyizere Impunzi Z’Abarundi N’Abaturiye Inkambi I Mahama
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Koperative ‘Ubumwe’ Yagaruriye Icyizere Impunzi Z’Abarundi N’Abaturiye Inkambi I Mahama

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2021 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko mu 2015 Abarundi benshi bahunze imvururu zari mu gihugu cyabo bakaza mu Rwanda, ibikorwa byo kubitaho byashyizwemo imbaraga. Croix Rouge yatanze umusanzu wayo nk’umutanyabikorwa wa Leta.

Sebanani Sylvestre w’imyaka 57 uba mu Nkambi ya Mahama, avuga ko Croix Rouge yabanje kubahuriza hamwe, batozwa isuku no kwizigamira bahereye ku giceri cya 100 Frw.

Ati “Nyuma baratubwira ngo turashaka kubafasha tubakure mu kwirirwa mwicaye aha. Batujyana ahitwa ku Munini, baratubwira ko bashaka kuduhuza n’aba bavandimwe bo hanze y’inkambi, bakatugurira amasambu yo hinga, abashaka korora bakorora.”

Mu 2018 nibwo hashinzwe Koperative Ubumwe, nk’ubumwe bw’Abarundi b’impunzi n’imiryango ituriye inkambi ya Mahama.

Shyirahayo Emmanuel uyobora iyo Koperative, avuga ko bose hamwe bamaze kuba abanyamuryango 182. Barimo 60% b’impunzi na 40 % bo mu baturiye inkambi.

Yagize ati “Twatangiye ibikorwa byacu duterwa inkunga na Croix Rouge, batuguriye hegitari eshanu, batugurira imbuto, batugurira ibikoresho nk’amasuka na bote, batugurira n’imifuka yo guhunikamo, batuguriye n’inzu yo kubikamo, twabashije kwiteza imbere, duhinga, twezamo umusaruro ufatika.”

Mu mirima y’iyi Koperative hahingwamo ibishyimbo, amasaka, soya n’ibigori. Haheruka gusarurwamo toni 2.5 z’ibishyimbo bikundwa cyane, byahawe izina ry’amabuye y’agaciro ya Koluta (Coltan).

Shyirahayo yakomeje ati :“Ubu dufite umugabane shingiro wa buri muntu ugera ku 12.100 Frw, tukaba dufitemo n’umusanzu umuntu yatanze wa 2000 Frw. Si ibyo gusa, hari ibigori twatangiye dusarura. Intego dufite ni uguhinga ibigori n’ibishyimbo.”

Avuga ko ibigori basaruye, byabashije kurwanya inzara kandi buri munyamuryango abasha kugira icyo abonaho, ajyana mu rugo.

Ngo andi mafaranga ari kuri konti.

Kugeza ubu barimo gushaka ubuzima gatozi bwa koperative yabo, ari nako bongera ibikorwa byabo muri rusange.

Mu gihe impunzi z’Abarundi muri iki gihe ziri gutaha, Shyirahayo avuga ko ugiye kugenda bamubarira umutungo amaze kugira muri Koperative, bakawumuha akawambukana umupaka.

Ku ruhande rwe, Sebanani avuga ko mbere yirirwaga yicaye mu nkambi, ariko iriya Koperative yamuhuje n’abantu batandukanye ndetse abona inyunganizi ku bitunga umuryango we.

Yakomeje ati “Nk’ubu twahinze ibishyimbo bya coltan, tumaze kubisarura tweza n’ibigori. Amafaranga baduha yo kudutunga mu nkambi yabaye make, aragabanyuka, twasabye ko twe twahinze badufasha bakabiduha. Buri wese muri twe bamuhaye ibilo 22, nageze mu rugo mbona n’abana barishimye.”

Umuhuzabikorwa w’abakorerabushake ba Croix Rouge mu Ntara y’i Burasirazuba, Muhawenimana Jeanne d’Arc, yavuze ko nk’abafatanyabikorwa wa Leta, iriya mirimo yose bayikora mu kuzamura abatishoboye ngo bagire ubuzima bwiza, biteze imbere.

Yavuze ko bakorana na Koperative eshatu zirimo ebyiri zikora ubuhinzi n’imwe ikora ubworozi.

Izikora ubuhinzi zaguriwe ubutaka bwa hegitari 12 bufite agaciro ka miliyoni hafi 48 Frw, mu gihe ikora ubworozi yahawe ihene 150.

Yakomeje ati “Ikirushijehokuba kuba cyiza ni uko twabashije guhuza abagenerwabikorwa batishoboye bo mu nkambi y’impunzi z’Abarundi n’Abanyarwanda b’inyuma y’inkambi batishoboye. Byatumye babasha kunga ubumwe, babasha kwiteza imbere.”

Intego za Koperative Ubumwe ni uko mu gihe kiri imbere buri munyamuryango yazaba aguzamo amafaranga afatika akayakoresha mu mirimo ye bwite, ndetse ikajya ibarangurira umusaruro ikawugurisha mu bihe nta myaka ikiri mu mirima.

Abashoboye guhinga bahawe imirima
Umuhuzabikorwa w’abakorerabushake ba Croix Rouge mu Ntara y’Iburasirazuba, Muhawenimana Jeanne d’Arc
TAGGED:Croix Rouge y’u RwandafeaturedKirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abajenerali Bashaka Guhirika Macron
Next Article Polisi Yafashe Abasore Babiri Bakekwaho Gukwirakwiza Amafaranga Y’Amiganano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?