Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Koperative Zihinga Umuceri Zahize Izindi Zabishimiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Koperative Zihinga Umuceri Zahize Izindi Zabishimiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2024 4:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urugaga nyarwanda rw’amakoperative ahinga umuceri FUCORIRWA( Fédération des Unions de Coopératives Rizicoles au Rwanda) rwahurije hamwe abayayobora kugira ngo ruhembe abitwaye neza.

Iyo mu Murenge wa Rukomo yitwa CODERVAM niyo yabaye iya mbere ihabwa igihembo nyuma yo kugira amanita 97.7%.

Amafaranga yakuye  mu musaruro wayo yayashoye mu bikorwa bizamura abanyamuryango ku buryo buri wese yishyurirwa mutuelle de santé.

Ikindi umubitsi wayo witwa Aisha Umurerwa avuga ko iyi koperative yabo yatangiye mu mwaka wa 1987 ariko iza guhomba.

Mu guhomba yaje kujyamo imyanda igera kuri miliyoni 400, ibyo bikiyongeraho n’amacakubiri yarangwaga mu buyobozi bw’iyi Koperative.

Umuceri ni igihingwa gikenera amazi menshi ariko gifatiye runini abagihinga

Umurerwa avuga ko gahoro gahoro biyubatse baza kugera kuri byinshi birimo no kubaka ikigega cy’ingoboka kirimo Miliyoni Frw 80.

Umuceri bahinga kandi wababereye ingirakamaro kuko waje gutuma bubaka station ya essence na mazout, nayo ibabera irindi shoramari.

Ati: “ Nyuma batangiye gutekereza imishinga y’icyabafasha ejo hazaza banga ko bazongera guhomba. Batakereje icyatuma batera inbere ndetse bakigira.”

Perezidante w’iyi Koperative witwa Gaudence Nyirandikubwimana avuga kuba bahembwe ari akanyabugabo batewe, ko bazakomeza kuzamura umusaruro ntibamanuke ngo hagire ubacaho.

Avuga ko ishoramari bakoze ryatumye batongera gukata imisanzu y’abanyamuryango kandi amafaranga bakuyemo bayashyira mu bindi  byunguka, urugero nka station twavuze haruguru ifite agaciro ka miliyoni Frw 350.

Bafite kandi ikigega cy’inyongeramusaruro gifite agaciro ka miliyoni Frw 57.

Dr Patrice Mugenzi uyobora Urwego rw’igihuru rw’amakoperative, RCA, avuga ko ubusanzwe guhinga umuceri biteza imbere amakoperative agihinga.

Dr. Patrice Mugenzi aganira n’itangazamakuru

Avuga ko guhinga umuceri muri ubu buryo bitanga ikizere ku gihugu kuko bituma iterambere rigera ku bantu benshi.

Yasabye abanyamuryango ba CODERVAM kutazatwara n’ishoramari ryo muri station ngo bitume ubuhinzi bw’umuceri bwirengagizwa buhazaharire.

Abanyamuryango bateranye kuri uyu wa Kabiri bari baturutse muri Koperative 18 zihinga umuceri hirya no hino mu Rwanda.

Babwiwe uko barushanyijwe mu by’umusaruro no kwesa imihigo biyemeje ariko bahava basinye n’indi muhigo y’umwaka wa 2024.

Bamenyeshejwe uko bitwaye mu ihinga ry’umuceri mu mwaka wa 2023.

Aba banyamuryango bahagarariye abandi bamenyeshejwe ko mu mwaka wa 2023, umuceri wose weze mu Rwanda warengaga  kuri toni 40,000, umwinshi waragurishijwe ariko undi uhabwa abanyamuryango kugira ngo nabo barye iki gihingwa ngangurarugo kikaba na ngengabukungu hamwe na hamwe ku isi.

TAGGED:CODERVAMfeaturedNyagatareStationUmuceri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article JIBU Yahaye Abakiliya Ikoranabuhanga Ryo Gutumirizaho Amazi
Next Article Umusivili Wari Uhagarariye u Rwanda Muri Tanzania Yasimbujwe Jenerali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?