Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Mubumbe Wa Mars Hari Ibiyaga Birenga 10
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Ku Mubumbe Wa Mars Hari Ibiyaga Birenga 10

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2021 9:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize imyaka itatu abahanga bemeje ko nta kabuza ku mubumbe wa Mars hari  amazi atemba. Si ibyo gusa bemeje ahubwo bemeje ko hari ibindi biyaga birenga 10 biri hirya no hino kuri ‘uriya mubumbe bita ko utukura.’

Abashakashatsi ba NASA baherutse kubona amakuru( data) yerekana ko hari ibindi biyaga muri mu Majyepfo ya Mars bisa neza neza n’ibyo bavumbuye mu mwaka wa 2018.

Agace biherereyemo  kiswe South Polar Layered Deposits, gafite ahantu hari amazi yafatanye( bita barafu) n’ikindi gice kigizwe n’ibirundo by’umukungugu.

Bivugwa ko hariya hantu hamaze imyaka ibarirwa muri za miliyoni.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi kintu gitangaza abakora ubushakashatsi ni uko muri kariya gace hari ahantu basanze ‘ubutaka burimo umunyu.’

Ubushakashatsi abahanga bo muri NASA bamazemo imyaka 15 nibwo bwabagejeje ku mwanzuro w’uko kuri Mars hari ibiyaga bifite amazi atemba n’ubwo bitaba ku muvuduko w’amazi atembera ku isi.

Ikindi abahanga babonye ni uko mu gice  cyo munsi y’ubutaka bwa Mars ‘hagomba kuba hariyo’ amazi angana na 33% by’amazi yose agomba kuba ari kuri uriya mubumbe.

Igice cy’ubutaka cyo hejuru cya Mars kibundikiye amazi menshi, ibi bikaba byarashobotse kubera ko kifitemo uburyo bwo kubika amazi ntagerweho n’imyuka iri hejuru yayo( atmosphere), iyi myuka ikaba ifite ubushobozi bwo kuyakamya.

Ku butaka bwa Mars hari ubukonje bungana na -Degree Celsius 63( munsi ya zero) ubu bukonje bukaba ari bwinshi k’uburyo bwatuma amazi afatana igihe cyose yaba ari hejuru y’ubutaka.

- Advertisement -
Mars nayo ngo ifite ibiyaga

Igice cy’ubutaka bwa Mars gitwikiriye ariya mazi gifite uburebure bwa kilometero ziri hagati y’esheshatu na kilometero 12 z’ubujyakuzimu.

Ni ibyemezwa na Aditya Khuller uri gukorera impamyabumenyi y’ikirenga muri Kaminuza ya Leta ya Arizona.

Khuller avuga ko kugira  ngo ariya mazi ajye muri kiriya gice byatewe n’iruka ry’ibirunga, ariko akemeza ko hagicyenewe ubushakashatsi bwimbitse kuri iyi ngingo.

Barasuzumye basanga iruka rya biriya birunga ryarabaye mu myaka 50 000 ishize.

Ubushakashatsi bw’aba bahanga babutangaje mu kinyamakuru kitwa  Geophysical Research Letters.

TAGGED:AbahangafeaturedIkirereMarsUmubumbe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gucukura Ibuye Rya Cobalt Nirwo Rupfu Rw’Abana Bakora Mu Birombe
Next Article Impapuro Z’Ibanga Za Minisiteri Y’ingabo Zatoraguwe Aho Bategera Bisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?