Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Mubumbe Wa Mars Hari Ibiyaga Birenga 10
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Ku Mubumbe Wa Mars Hari Ibiyaga Birenga 10

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2021 9:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize imyaka itatu abahanga bemeje ko nta kabuza ku mubumbe wa Mars hari  amazi atemba. Si ibyo gusa bemeje ahubwo bemeje ko hari ibindi biyaga birenga 10 biri hirya no hino kuri ‘uriya mubumbe bita ko utukura.’

Abashakashatsi ba NASA baherutse kubona amakuru( data) yerekana ko hari ibindi biyaga muri mu Majyepfo ya Mars bisa neza neza n’ibyo bavumbuye mu mwaka wa 2018.

Agace biherereyemo  kiswe South Polar Layered Deposits, gafite ahantu hari amazi yafatanye( bita barafu) n’ikindi gice kigizwe n’ibirundo by’umukungugu.

Bivugwa ko hariya hantu hamaze imyaka ibarirwa muri za miliyoni.

Ikindi kintu gitangaza abakora ubushakashatsi ni uko muri kariya gace hari ahantu basanze ‘ubutaka burimo umunyu.’

Ubushakashatsi abahanga bo muri NASA bamazemo imyaka 15 nibwo bwabagejeje ku mwanzuro w’uko kuri Mars hari ibiyaga bifite amazi atemba n’ubwo bitaba ku muvuduko w’amazi atembera ku isi.

Ikindi abahanga babonye ni uko mu gice  cyo munsi y’ubutaka bwa Mars ‘hagomba kuba hariyo’ amazi angana na 33% by’amazi yose agomba kuba ari kuri uriya mubumbe.

Igice cy’ubutaka cyo hejuru cya Mars kibundikiye amazi menshi, ibi bikaba byarashobotse kubera ko kifitemo uburyo bwo kubika amazi ntagerweho n’imyuka iri hejuru yayo( atmosphere), iyi myuka ikaba ifite ubushobozi bwo kuyakamya.

Ku butaka bwa Mars hari ubukonje bungana na -Degree Celsius 63( munsi ya zero) ubu bukonje bukaba ari bwinshi k’uburyo bwatuma amazi afatana igihe cyose yaba ari hejuru y’ubutaka.

Mars nayo ngo ifite ibiyaga

Igice cy’ubutaka bwa Mars gitwikiriye ariya mazi gifite uburebure bwa kilometero ziri hagati y’esheshatu na kilometero 12 z’ubujyakuzimu.

Ni ibyemezwa na Aditya Khuller uri gukorera impamyabumenyi y’ikirenga muri Kaminuza ya Leta ya Arizona.

Khuller avuga ko kugira  ngo ariya mazi ajye muri kiriya gice byatewe n’iruka ry’ibirunga, ariko akemeza ko hagicyenewe ubushakashatsi bwimbitse kuri iyi ngingo.

Barasuzumye basanga iruka rya biriya birunga ryarabaye mu myaka 50 000 ishize.

Ubushakashatsi bw’aba bahanga babutangaje mu kinyamakuru kitwa  Geophysical Research Letters.

TAGGED:AbahangafeaturedIkirereMarsUmubumbe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gucukura Ibuye Rya Cobalt Nirwo Rupfu Rw’Abana Bakora Mu Birombe
Next Article Impapuro Z’Ibanga Za Minisiteri Y’ingabo Zatoraguwe Aho Bategera Bisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Nta Byinshi Dufite Byo Gusesagura- Kagame Abwira Sena

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?