Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuba Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Yaka NABI Byabaye Ikibazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kuba Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Yaka NABI Byabaye Ikibazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2024 9:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryagangaje ko amasaha y’umukino w’umunsi wa 24 wa Shampiyona uzahuza Rayon Sports na APR FC taliki 09, Werurwe, 2024 yahinduwe kubera ko amatara yo kuri Kigali Pélé Stadium yaka nabi.

Byari byaranzuwe ko umukino uzahuza aya makipe uzaba saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ariko yahinduwe ashyirwa saa kenda z’amanywa.

Igenzura ryakozwe n’ababishinzwe muri FERWAFA niryo ryabwiye Rayon Sports na APR FC ko uyu mukino utakibaye ku isaha yari yateguwe.

Mu ibaruwa iri shyirahamwe ryandikiye ikipe izakira uyu mukino harimo impungenge ku matara yo muri iyi Stade bityo ko kubera umutekano  w’abazaza kureba uyu mukino, bahisemo guhindura amasaha.

Rayon Sports niyo izakira uyu mukino, ikaba isanzwe iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 45 n’aho APR FC yo ikaba ku mwanya wa mbere n’amanota 55.

Umukino uheruka hagati y’amakipe yombi warangiye anganyije 0-0.

Iby’iyi Stade bikomeje kwibazwaho kubera uburyo yavuguruwe bamwe bavuga ko yasondetswe.

Umuturage witwa Munyandinda yabwiye Taarifa ko kuba amatara yayo ataka neza ari ikibazo kuri Stade itaramara igihe kinini ivuguruwe ndetse igatahwa na Perezida wa FIFA ndetse n’uw’u Rwanda.

Ni Stade yitiriwe umunyabigwi wo muri Brazil Pélé uherutse gutabaruka, kuyimwitirira bikaba uburyo bwo gusigasira umurage we.

Mu minsi ishize yavugwagaho kuba yaratangiye kuvaho irangi ndetse abantu bituma aho babonye.

Amashashi ya biscuits n’ibindi bintu by’umwanda yari yatangiye kugaragara henshi muri yo.

Icyo gihe byavugwaga ko uwo mwanda waterwaga n’uko ikigo cyayisukuraga cyarangije amasezerano y’akazi nticyongererwa andi ndetse ntihatangwa n’irindi piganwa.

Icyakora iki kibazo cyaje gukemuka.

Ikindi abanyamakuru b’imikino binubira muri iyi Stade ni uko icyumba bagorezamo umukino(kogeza) kitabamo ibyuma bitanga ubukonje, bigatuma bakora akazi kabo nabi kubera ubushyuhe.

Abo kuri RBA bamaze iminsi bavuga ko atari bo bazabona Stade Amahoro yuzura, ikaba ari yo bazajya bakoreramo akazi kabo batuje.

Minisiteri ya siporo ntiragira icyo itangaza ku bibazo bivugwa muri iyi stade imaze igihe gito ivuguruwe.

 

TAGGED:AmasahaAmataraAPRfeaturedRayonStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruti Joël Agiye Gutaramira Muri Amerika
Next Article Jeff Bezos Yahise Ava Ku Mwanya Wa Mbere W’Umukire Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?