Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuba u Rwanda Rwareka Gukoresha Amadolari Si Ibya Vuba- Solaya Hakuziyaremye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kuba u Rwanda Rwareka Gukoresha Amadolari Si Ibya Vuba- Solaya Hakuziyaremye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2023 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe ku isi hanugwanugwa ko hari gutekerezwa uko hagakoreshwa irindi faranga mpuzamahanga ryasimbura idolari, Guverineri wungirije wa Banki nkuru y’u Rwanda Soraya Hakuziyaremye avuga ko u Rwanda ruzakomeza gukenera amadolari y’Amerika mu gutumiza cyangwa kohereza hanze ibicuruzwa.

Mu kiganiro Banki nkuru y’u Rwanda yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Kane, taliki 11, Gicurasi, 2023, Soraya Hakuziyaremye yavuze ko amadolari y’Amerika ari yo mafaranga kugeza ubu ayobora ayandi ku isi bityo ko u Rwanda ruzakomeza kuyakenera.

Ku isi hari itsinda rigari ry’abahanga mu by’ubukungu bari kwigira hamwe uko hashyizweho ifaranga mpuzamahanga ryo kuvunjwamo andi mafaranga, idolari ntirikomeze kugira uwo mwihariko.

Abo bahanga ni abo mu bihugu byihurije mu kiswe BRICS kigizwe n’u Bushinwa, Brazil, Afurika y’Epfo, Arabie Saoudite, u Burusiya n’u Buhinde.

Iri tsinda rifite na Banki yaryo ikorera mu Bushinwa iyoborwa n’Umunya Brazil kazi witwa Dilma Russef.

Ayobora Banki yitwa New Development Bank.

Ku byerekeye u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yavuze ko abo rucuruzanya nabo bakenera amadolari.

Muri bo ab’ingenzi ni Ubushinwa, hagakurikiraho Leta ziyunze z’Abarabu, Repubulika ya Demukarasi ya Congo  n’Ibihugu bigize Ubumwe bw’Uburayi.

Ati: “ Kuvuga ko twashaka irindi faranga twakoresha mu bucuruzi ritari idolari, byaba ari uguhubuka”.

Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko ifaranga ryarwo ryataye agaciro kangana na 3.07% ugereranyije n’idolari ry’Amerika($).

Ku rundi ruhande, Guverineri wa Banki nkuru y’U Rwanda John Rwangombwa avuga ko u Rwanda rufite ibicuruzwa bihagije byarutunga mu mezi ane bityo ko ubukana bwo kuzamuka kw’ibiciro ku isi bitakomeza kugira uburemere ku bukungu bw’u Rwanda.

Ibihugu Kigize Ikitwa BRICS Bifite Umutungo Uruta Uw’Ibigize G7

TAGGED:AmadolarifeaturedRwandaSorayaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Akurikiranweho Kwicisha Abana Be Umuhoro
Next Article Musk Yatangaje Ko Agiye Kuva Ku Buyobozi Bwa Twitter
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?