Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubazwa Ibyo Dukora No Gushora Imari Mu Baturage Nibyo Bitugejeje Heza-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kubazwa Ibyo Dukora No Gushora Imari Mu Baturage Nibyo Bitugejeje Heza-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2024 12:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abwira abateraniye mu kiganiro yatangiye i Riyadh muri Arabie Saoudite, Perezida Kagame yavuze ko gushora imari mu mibereho myiza y’abaturage no kubazwa ibyo abantu bashinzwe biri mu byatumye u Rwanda rutera imbere.

Kagame ari muri Arabie Saoudite mu nama mpuzamahanga yiga ku miterere y’ubukungu bw’isi muri iki gihe no mu myaka 10 iri imbere.

Mu kiganiro yatanze ari kumwe n’abandi banyacyubahiro barimo na Perezidante w’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF, Kristalina Georgieva, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwashyizeho uburyo bwabwo bwo gukora bugamije iterambere ritagira uwo riheza kandi risaba ko buri wese abazwa niba ibyo yashinzwe abikora.

Yagize ati: “ u Rwanda rwavuye mu bapfuye rujya mu bazima. Ishoramari rwashyize mu baturage bacu, kubazwa ibyo ukora no gushyiraho inkingi z’imiyoborere myiza biri mu by’ibanze byatugejeje heza turi kandi tunabisangiza abandi”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ni inama mpuzamahanga iri kubera muri Arabie Saoudite

Ku byerekeye Afurika, Kagame yavuze ko abatuye uyu mugabane bakoze uko bashoboye biteza imbere, bagira aho bawuvana n’aho bawugeza.

Avuga ko kuba muri Afurika hari ahari ibibazo, ari ibintu bisanzwe kuko ntaho utasanga ibibazo, ariko ngo ubu hari gukorwa ibishoboka byose ngo ubukungu bw’uyu mugabane buzamuke ku kigero gishimishije.

Ubufatanye hagati y’abatuye uyu mugabane buri mu biwuteza imbere kandi ngo iryo terambere ntiryaturuka ku busa.

Yemeza ko biterwa n’umuhati w’Abanyafurika, bakorana hagati yabo.

Kagame yabwiye abakire bo ku isi bateraniye muri Arabie Saoudite ko igihe kigeze ngo babone Afurika nk’umufatanyabikorwa aho kuba umugenerwabikorwa.

- Advertisement -

Kuba Afurika yarashyizeho isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika ni kimwe mu byerekana ko iri mu nzira nziza yo gucuruzanya hagamijwe inyungu zisaranganyijwe.

Amafoto@UrugwiroVillage

TAGGED:AfurikaArabiefeaturedIgihuguIshoramariKagameSaoudite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Avoka: Igihingwa Uburundi Bushaka Kubyaza Amadovize
Next Article Uwafanaga Rayon Akajya Muri APR Yirukanywe Aho Yakodeshaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?