Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubyara Abana Benshi Mu Burundi Bishobora Gutangira Guhanirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kubyara Abana Benshi Mu Burundi Bishobora Gutangira Guhanirwa

admin
Last updated: 31 December 2021 3:05 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangaje ko hari abantu bakomeje gusaba ko abaturage babyara abana benshi bafatirwa ibyemezo, bijyanye n’uburyo iki kibazo kimaze gufata indi ntera mu gihugu.

Yavuze ko kuboneza urubyaro ari ingingo abantu bakomeje gukinisha kandi ikomeye.

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko nibura umugore umwe abyara abana 5.32.

Perezida Ndayishimiye yabwiye Abarundi ku wa Gatatu ko hari abantu abona bafite nk’abana umunani, hagera igihe cyo kujya ku ishuri bakirukira mu miryango basaba amafaranga yo kubajyana ku ishuri.

Ati “Igihe wababyaraga ntiwamubwiye ngo ube witegura ni wowe uzagura amakayi njye ndimo ndabyara abana, ugasanga amashuri yatubanye make cyane kubera ko dushaka ko abana b’igihugu bose biga, abo bana ni umurengera. Ndagira ngo mbabwire ko u Burundi bugiye kugera aho Abarundi barengera igihugu cyabo.”

Yavuze ko n’Imana irema isi yateguye, ariko Abarundi barimo kubyara nta kintu bitayeho kandi u Burundi bwo butaguka.

Yakomeje ati “Iki kibazo ndagira ngo nsabe Abarundi bose, buri muntu akigire icye.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko hari abarundi bamwe bitwaza ko kubyarira kwa muganga ari ubuntu, maze bakabyara abana b’intahekana.

Yakomeje ati “Iki ni ikibazo kireba buri muntu wese, ndetse hari n’abatangiye gusaba ko hahabaho ibyemezo bifatwa ku muntu wabyaye abana benshi, tukamufatira ibyemezo. Batangiye kubisaba.”

“Rero ndagira ngo mbabwire ko iyo abantu babaye benshi no kubateganyiriza biragorana, niyo mpamvu mubona aboro bakomeza kuba benshi kuko nta mikoro aboneka. Ni ukuvuga ngo igihugu twakirengeye.”

“Rero ejo ntihazagire abavuga ngo ubuyobozi bw’igihugu bwananiwe, mu gihe ari twebwe Abarundi turimo turinaniza mu kuzana ibintu byinshi.”

Imibare y’igenekereza ya Banki y’Isi igaragaza ko u Burundi butuwe n’abaturage miliyoni 11.8.

 

TAGGED:BurundiEvariste NdayishimiyefeaturedKuboneza urubyaro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imiryango 4755 Yemerewe Amashanyarazi Binyuze muri #CanaChallenge
Next Article Abanyeshuri Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu Bagiye Kujurira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?