Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugira Ngo Roho Nzima Iture Mu Mubiri Muzima Ni Ngombwa Kongera Umusaruro-PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kugira Ngo Roho Nzima Iture Mu Mubiri Muzima Ni Ngombwa Kongera Umusaruro-PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2023 9:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko umusaruro uhagije mu buhinzi n’ubworozi ufasha abantu kugubwa neza mu mubiri, bityo Abakirisitu n’abandi Banyarwanda muri rusange bakagira roho nzima kandi ituye mu mubiri muzima.

Aherutse kubigarukaho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuhango wo guhererekanya ubushumba bwa Diyoseze ya Kabgayi wakozwe hagati ya Mgr Smargde Mbonyintege wasimbuwe na Mgr Balthazar Ntivuguruzwa.

Minisitiri w’Intebe wari umushyitsi mukuru( yari ahagarariye Perezida Paul Kagame) yavuze ko kugira ngo Abanyarwanda bose barusheho kwihaza mu biribwa, ari ngombwa kwibutsa abaturage kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.

Ati: “ Mureke tubyaze umusaruro ubutaka bwacu, ibishanga dufite, twitabire gukoresha ifumbire mvaruganda n’ifumbire y’imborerera ndetse turwanye n’isuri mu mirima yacu dukoresheje imirwanyasuri. Ibyo bizatuma wa mubiri wacu ubona ibiwutunga, ube muzima”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomoje ku biza biherutse kwibasira u Rwanda ndetse n’Akarere ka Muhanga kadasigaye.

Ngo muri aka karere ibiza biherutse gusenya burundu inzu 43, byangiza imyaka ihinze kuri hegitari 53, ndetse byangiza imihanda irindwi n’ibiraro bitandatu mu mirenge inyuranye.

Kubera ko ibiza bishobora kwirindwa, Dr. Ngirente Edouard yasabye abaturage ba Muhanga gukora uko bashoboye bakirinda gutura ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Abagituye ahantu nk’aho, yabasabye kuhava bagashyira mu bikorwa ibyo inzego za Leta zibabwira.

Ngirente kandi yasezeranyije Diyoseze ya Kabgayi ko ikibazo bamugejejeho cy’uko ishuri ry’Abaforomokazi hari ibyo ribura, azabigeza kuri Perezida Kagame kandi ko icyo kibazo kizabonerwa umuti.

- Advertisement -

Icyakora ngo ni ikibazo abagize Guverinoma bari basanzwe bazi kandi bari bamaze igihe bigaho ngo kibonerwe umuti kuko ngo abana ririya shuri rirera ni ab’u Rwanda.

Yunzemo ko igitekerezo cyo kurivugurura ari ingirakamaro kandi inkunga yose ikenewe izatangwa.

Minisitiri w’Intebe yifurije imirimo myiza Mgr Balthazar Ntivuguruzwa, umushumba mushya wa Diyosezi ya Kabgayi.

Yashimye umurimo muhire Musenyeri Smaragde Mbonyintege yakoreye iriya Diyoseze kandi  amwifuriza kuzagira ikiruhuko cyiza cy’izabukuru.

Mbonyintege yabwiye Abakirisitu ba Diyoseze ya Kabgayi ko azakomeza kubaba hafi.

Yari amaze imyaka 17 ayobora Diyoseze ya  Kabgayi.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ari kumwe na Cardinal Antoine Kambanda na Mgr Barthazar Ntivuguruzwa
Mgr Barthazar Ntivuguruzwa.
TAGGED:DiyosezefeaturedKabgayiMbonyintegeNgirenteNtivuguruzwaUbuhinziUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Putin Zirashinjwa Gukona Iza Ukraine
Next Article Ruhango: Umugore Yicishije Umuhoro Mugenzi We Bapfa Umugabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?