Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurandura Ihohotera Bisaba Kubanza Kumva Neza Icyo Ari Cyo- DIGP Ujeneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kurandura Ihohotera Bisaba Kubanza Kumva Neza Icyo Ari Cyo- DIGP Ujeneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza
SHARE

Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda DIGP Jeanne Chantal Ujeneza yabwiye abapolisi 100 bahagarariye abandi mu nama yiga uko ihohoterwa ryacika, ko kugira ngo ricike koko bisaba ko abantu bamenya iryo ari ryo kandi bikaba mu buryo bwuzuye.

Abo bapolisi bahagarariye bagenzi babo mu mashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda bari mu nama igamije kunoza ingamba zo gukumira no guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibyaha bikorerwa abana.

Ubwo yafunguraga iyi nama iri kubera ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza avuga ko kumva neza icyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivuze ari yo ntambwe ya mbere ituma kurirandura mu buryo bufatika bishoboka.

Ati: “Igikenewe cyane ni ukubanza kumva neza no gusobanukirwa icyo kurwanya ihohoterwa bivuze kugira ngo ubashe guhagarara wemye mu gukuraho imbogamizi zitambamira ibikorwa byo guhangana na ryo haba mu gihugu, mu Karere no hanze yako.”

Avuga ko igihe kigeze kugira ngo ingamba zo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana  n’ingaruka zaryo bive mu magambo ahubwo bikorwe.

DIGP Ujeneza yashimiye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere ku bushake rihorana bwo gushyigikira Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa.

Uyu muyobozi yasabye abitabiriye iyi nama kuzageza kuri bagenzi babo ubumenyi bayungikiramo mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano no gukora kinyamwuga.

Kirenga Clement uhagarariye UNDP mu Rwanda yavuze ko nta gihugu gishobora kugera ku ntego z’iterambere rirambye mu gihe kikirangwamo abagore n’abana bahohoterwa.

Ati: “Nta gihugu gishobora kugera ku ntego z’Iterambere rirambye (SDGs) kikigaragaramo abagore n’abana bahohoterwa cyane cyane intego ya gatanu igamije guca ivangura iryo ari ryo ryose rikorerwa abagore n’abakobwa.”

Biturutse ku myanzuro y’Itangazo ry’Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD) mu gushyira mu bikorwa ubukangurambaga bw’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, mu Rwanda mu mwaka wa 2016, hatangijwe Ikigo cy’Akarere cy’Icyitegererezo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana (RCOE) gikorera ku Cyicaro Gikuru cya Polisi ku Kacyiru.

Ubundi ihohoterwa riri mu moko atatu: Hari irishingiye ku gitsina, iribabaza cyangwa rishengura umutima n’irishingiye ku mutungo.

TAGGED:AbagoreAbanafeaturedIhohoterwaPolisiUjeneza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indorerezi Za EAC Zangiwe Kujya Mu Matora Muri DRC
Next Article Umutingito Washegeshe Ubushinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?