Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurandura Ihohotera Bisaba Kubanza Kumva Neza Icyo Ari Cyo- DIGP Ujeneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kurandura Ihohotera Bisaba Kubanza Kumva Neza Icyo Ari Cyo- DIGP Ujeneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza
SHARE

Umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda DIGP Jeanne Chantal Ujeneza yabwiye abapolisi 100 bahagarariye abandi mu nama yiga uko ihohoterwa ryacika, ko kugira ngo ricike koko bisaba ko abantu bamenya iryo ari ryo kandi bikaba mu buryo bwuzuye.

Abo bapolisi bahagarariye bagenzi babo mu mashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda bari mu nama igamije kunoza ingamba zo gukumira no guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibyaha bikorerwa abana.

Ubwo yafunguraga iyi nama iri kubera ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza avuga ko kumva neza icyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivuze ari yo ntambwe ya mbere ituma kurirandura mu buryo bufatika bishoboka.

Ati: “Igikenewe cyane ni ukubanza kumva neza no gusobanukirwa icyo kurwanya ihohoterwa bivuze kugira ngo ubashe guhagarara wemye mu gukuraho imbogamizi zitambamira ibikorwa byo guhangana na ryo haba mu gihugu, mu Karere no hanze yako.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko igihe kigeze kugira ngo ingamba zo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana  n’ingaruka zaryo bive mu magambo ahubwo bikorwe.

DIGP Ujeneza yashimiye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere ku bushake rihorana bwo gushyigikira Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa.

Uyu muyobozi yasabye abitabiriye iyi nama kuzageza kuri bagenzi babo ubumenyi bayungikiramo mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano no gukora kinyamwuga.

Kirenga Clement uhagarariye UNDP mu Rwanda yavuze ko nta gihugu gishobora kugera ku ntego z’iterambere rirambye mu gihe kikirangwamo abagore n’abana bahohoterwa.

Ati: “Nta gihugu gishobora kugera ku ntego z’Iterambere rirambye (SDGs) kikigaragaramo abagore n’abana bahohoterwa cyane cyane intego ya gatanu igamije guca ivangura iryo ari ryo ryose rikorerwa abagore n’abakobwa.”

- Advertisement -

Biturutse ku myanzuro y’Itangazo ry’Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD) mu gushyira mu bikorwa ubukangurambaga bw’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, mu Rwanda mu mwaka wa 2016, hatangijwe Ikigo cy’Akarere cy’Icyitegererezo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana (RCOE) gikorera ku Cyicaro Gikuru cya Polisi ku Kacyiru.

Ubundi ihohoterwa riri mu moko atatu: Hari irishingiye ku gitsina, iribabaza cyangwa rishengura umutima n’irishingiye ku mutungo.

TAGGED:AbagoreAbanafeaturedIhohoterwaPolisiUjeneza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indorerezi Za EAC Zangiwe Kujya Mu Matora Muri DRC
Next Article Umutingito Washegeshe Ubushinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?