Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2025 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama yiga ku iterambere ry’abatuye isi iri kubera muri Qatar yababwiye ko u Rwanda rwasanze kugira ngo rutere imbere bihamye, ari ngombwa ko umuturage ashyirwa ‘ku isonga’.

Inama yitabiriye, yatangiye kuri uyu wa Kabiri ikazarangira kuwa Kane tariki 06, Ugushyingo, 2025.

Yitabiriwe n’abayobozi bakuru barimo n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, UN, witwa Antonio Guterres ndetse n’umuyobozi w’ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Kagame avuga ko u Rwanda rwasanze gushyira umuturage imbere mu bimukorerwa ari byo bituma iterambere ageraho riramba.

Ati: “Icy’ingenzi ni ukomeza kugendera k’umuvuduko mwiza no kubakira kubyo tumaze kugeraho. Uwo ni wo murongo uyoboye impinduka u Rwanda rwanyuzemo. Ubufasha bugenewe abaturage, uruhare rwabo no kubazwa inshingano biri mu nkingi z’imiyoborere yacu. Buri cyemezo cya politiki gifatwa n’inzego zacu kiba kigamije guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.”

Ibyo yavuze bihuye n’ibiherutse kugaragarwa na RGB mu bushakashatsi ngarukamwaka ikora igamije kureba uko abaturage babona serivisi bahabwa n’inzego za Leta.

Bwagaragaje ko kwigerezwa inzego no kugira uruhare mu byo zibakorera byazamutse ku kigero kigaragara.

Inama Perezida Paul Kagame yitabiriye ni iya kabiri mu myaka 30 ishize kuko iheruka yabaye muwa 1995 ibera muri Denmark mu Murwa mukuru Copenhagen.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye nawe yerekanye ko iterambere ry’ukuri ari irigera ku batuye isi bose, aho kuba irya bake.

Ati: “Inama ya mbere ku iterambere ry’abaturage yabereye i Copenhagen [muri Denmark] mu 1995, yatwibukije ko iterambere ry’ukuri atari ugutera imbere kwa bake, ahubwo ari amahirwe kuri benshi kandi ashingiye ku butabera.”

Kuva mu mwaka wa 1995, ubwo habaga Inama ya mbere ku Iterambere ry’abaturage ku isi, abarenga miliyari imwe bavuye mu bukene ‘bukabije’, abadafite akazi baragabanuka ku buryo bugaragara, abana bagerwaho n’uburezi baba hafi ya bose.

Ati: “Abantu bari kubaho igihe kirekire n’abana bapfa bavuka baragabanutse cyane ndetse abakobwa benshi bari kujya ku ishuri kandi igipimo cy’abakobwa barangiza amashuri kiri hejuru. Ibyagezweho ni ibyavuye mu kwiyemeza kugera ku iterambere rirambye.”

Intego y’iyi nama ni ukugabanya ibyuho biri mu iyubahirizwa ry’amasezerano ya Copenhagen ku bijyanye n’iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

Ikinyuranyo cy’imibereho ni kinini cyane mu batuye isi…

Ikinyuranyo hagati y’abakire n’abakene ni kinini.

Uko bimeze kugeza ubu, ‘intera iri hagati y’abakene n’abakire ku isi wagireranya n’iri hagati y’isi n’ijuru’.

Imibare igaragaza ko abantu abakire batunze miliyari y’amadolari y’Amerika biyongereye mu myaka umunani ishize.

Mu mwaka wa 1987, ikinyamakuru Forbes Magazine kivuga ko abo baherwe ku isi hose bari abantu 140.

Mu myaka 20 yakurikiye, babaye abantu 1000 hanyuma mu mwaka wa 2017 baba abantu 2,000.

Kuva mu mwaka wa 2017 kugeza ubu, havutse abantu 247 ba rwiyemezamirimo n’abashoramari bakomeye mu ikoranabuhanga, bose hamwe bakaba bafite umutungo w’amadolari y’Amerika angana na tiriyari ebyiri ni ukuvuga miliyari ibihumbi bibiri.

Umwaka wa 2024 warangiye ku isi abantu 3,028 ari bo batunze batunze miliyari imwe y’amadolari kuzamura.

Muri abo bose Abanyamerika nibo benshi kuko ari abantu 902 agakurikirwa n’Abashinwa bangana n’abantu 516 hagakurikiraho Abahinde bangana n’abantu 205.

Ikinyuranyo cy’abakire n’abakene rero ku rwego rw’isi ni kinini cyane kuko abaherwe ba cyane bangana na 15 by’abatuye isi batunze umutungo ungana hafi na kimwe cya kabiri cy’ibyo abandi batuye bose batunze.

Ikindi ni uko 50% by’abatuye uyu mubumbe batunze umutungo utageze kuri 2% by’ubukire bwose bwo ku isi.

Iterambere mu ikoranabuhanga n’ubwinshi bw’abantu baminuje mu bihugu runaka nibyo byatumye ubukungu bushinga imizi mu bice bimwe by’isi mu gihe ibindi bice abantu bicira isazi mu jisho.

TAGGED:AbaturageDohafeaturedInamaIsongaIterambereKagameUbukeneUbukire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo W’i Gakenke Yafatiwe I Burera Afite Ibilo 20 By’Urumogi Avanye Muri Uganda
Next Article Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?