Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurwanya COVID-19, Byagabanyije Ubukangurambaga Bwo Kurwanya Ruswa- T.I Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kurwanya COVID-19, Byagabanyije Ubukangurambaga Bwo Kurwanya Ruswa- T.I Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2021 11:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane ubwo hamurikwaga ubushakashatsi kuri ruswa nto (Rwanda Bribe Index), Umuyobozi wa Porogaramu muri Transparency International Rwanda witwa Albert Rwego Kavatiri yatangaje ko muri uyu mwaka imibare yerekena ko imyumvire ku kurwanya ruswa yagabanutse kuko ubukangurambaga bwashyizwe cyane ku kurwanya COVID-19.

Ni ubushakashatsi ngarukamwaka bwerekana uko ruswa nto ihagaze mu Rwanda mu nzego za Leta n’iz’abikorora.

Hari ipaji igira iti: “Mu mwaka umwe, uko abantu babona ruswa byagabanutseho gato ku kigero cya 6% uvuye kuri 81.9% muri 2019 kugeza kuri 75.9% muri 2020.  Ibi byatewe n’uko ubukangurambaga Leta yashyiraga imbaraga mu kurwanya ruswa bwashyizwe mu kubwira abantu ububi bwa COVID-19.”

Ubushakashatsi bwa Transparency International Rwanda bwerekanye ko Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ari ryo riza ku mwanya wa mbere mu nzego za Leta zitse abaturage ruswa.

Urundi rwego rukurikiraho ni Urw’abikorera ku giti cyabo, hagakurikiraho Rwanda Investigation Bureau, (RIB).

Ubuyobozi bwa RIB na RNP busabwa gukomeza ingamba zo kurwanya ruswa mu bakozi bayo.

Transparency International ivuga ko Leta igomba gukorana n’izindi nzego harimo itangazamakuru, abanyamadini n’abandi kugira ngo umuhati wo kurwanya COVID-19 utaburizamo uwo kurwanya ruswa.

Leta kandi isabwa kongera imbaraga mu guhana abakekwaho cyangwa abahamijwe ruswa.

Ubushakashatsi bwerekanye muri rusange ko ruswa itagabanutse bityo ababukoze bagasaba ko Leta ikomeza gushyira imbaraga mu guhangana n’abaka cyangwa abakira ruswa.

TI-Rwanda ivuga ko ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa bwagabanuwe n’uko imbaraga zashyizwe mu kurwanya COVID-19
Polisi, PSF na RIB biri mu mwanya wa mbere w’ibigo bifata ruswa.
TAGGED:COVID-19featuredPolisiPSFRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Moses Twahirwa Wa Moshions Yavuye Mu Rwanda
Next Article Nyarugenge: Avuga Ko Yamugajwe N’Abapolisi Ntiyahabwa Ubutabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?