Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuvugurura Ubuhinzi Muri Afurika Birihutirwa – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kuvugurura Ubuhinzi Muri Afurika Birihutirwa – Kagame

admin
Last updated: 29 April 2021 4:29 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko bikenewe ko ubuhinzi bushyirwamo imbaraga n’ishoramari bukwiye, kuko burimo amahirwe menshi yo kurangaza imbere iterambere ry’uyu mugabane mu gihe kirekire.

Kuri uyu wa Kane yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru ku kwihaza mu biribwa muri Afurika, yateguwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AFDB) n’Ikigega Mpuzamahanga Gitera Inkunga Ubuhinzi (IFAD), ihuza abakuru b’ibihugu na guverinoma muri Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko ibijyanye n’ibiribwa muri Afurika bitifashe neza ahanini kubera umusaruro muke n’inzitizi ziri mu bucuruzi, ndetse imihindagurikire y’ibihe ikomeje gutuma birushaho kuba bibi.

Ibyo byose bikiyongeraho ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 cyugarije ibihugu byose ku isi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Ariko ibisubizo kuri izi mbogamizi birazwi kandi biri mu bushobozi bwacu. Kuzana impinduka mu buhinzi muri Afurika ni ibintu byihutirwa. Nta muntu wanyurwa n’ubuhinzi bw’amaramuko. Gukora ubuhinzi bugamije ubucuruzi ni yo nzira iganisha ku iterambere ry’imiryango muri Afurika.”

Yavuze ko kugira ngo ibyo bishoboke, ibihugu bigomba kubanza kuzamura urwego rw’ubushakashatsi.

Nubwo ubuhinzi bushobora kuba ari wo murimo umaze igihe kirekire utunze abantu, yavuze ko ubuhinzi bugezweho bwubakiye cyane cyane ku bumenyi n’ikoranabuhanga rigezweho.

Yakomeje ati “Tugomba kongera imbaraga mu bufatanye kugira ngo tubyaze umusaruro ikoranabuhanga rigenda rivumburwa, bityo tubashe kweza ibiribwa byinshi, biboneke ku giciro kibereye buri wese kandi tunabungabunga ibidukikije.”

Yatanze urugero ku buryo mu Rwanda harimo gushorwa ishoramari mu ikoranabuhanga ritangiza ibidukikije, ku bufatanye n’inzego zo mu karere, abafatanyabikorwa mu iterambere n’inzego z’abikorera.

- Advertisement -

Yakomje ati “Icya kabiri, dukeneye kongera uburyo duhahirana hagati yacu. Isoko rusange rya Afurika ryongereye amahirwe ubuhinzi bugamije ubucuruzi. Mu gihe kirekire, umugabane wacu watumije hanze ibiribwa dushobora kwihingira ubwacu, kubera gusa inzitizi ziri mu bucuruzi bwacu.”

Perezida Kagame yashimangiye ko mu bikenewe, urubyiruko rugomba kumvishwa ko ubuhinzi bugamije ubucuruzi ari amahirwe akomeye rwabyaza umusaruro.

Yavuze ko biteye ishema no kubona abakiri bato bitabira ubuhinzi, kandi ugasanga bari kubukuramo amafaranga afatika.

Yakomeje ati “Ubukungu bushingiye ku buhinzi buzaba umusingi w’uburumbuke bw’ahazaza ha Afurika mu myaka myinshi iri imbere. Ariko tugomba gukorera hamwe, nk’uku bimeze muri iyi nama yo ku rwego rwo hejuru, tugaha uru rwego umwanya n’ishoramari rukwiye.”

AFDB iheruka gutangaza ko mu 2017 Afurika yakoresheje miliyari $64.5 itumiza hanze yayo ibiribwa bitandukanye, ndetse mu gihe byaba nta gikozwe, ayo mafaranga azazamuka agere kuri miliyari $110 mu 2025.

Nyamara ibiribwa yohereza ku isoko ryo hanze bifite agaciro hagati ya miliyari $35 na $40 ku mwaka, nk’uko biheruka kugaragazwa n’inyigo ya McKinsey & Company, ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni mu gihe imibare igaragaza ko Afurika yihariye ubutaka bushobora guhingwa ariko bukiri aho gusa busaga hegitari miliyoni 200, bujya kungana na kimwe cya kabiri cy’ubusigaye ku isi yose.

Ibyo byose bikagaragaza ko uyu mugabane ukeneye impinduka zifatika mu buhinzi, kugira ngo ubashe kwihaza ku byo ukeneye, ikagera no ku buhinzi bugamije ubucuruzi.

TAGGED:AFDBAfurikafeaturedIFADKagameUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pariki Y’Akagera Ku Rutonde Rw’Izindi Zikomeye Muri Afurika
Next Article Nsengimana Herman Yavuze Uko Yagiye Muri FLN Yibwira Ko ‘Aruhutse’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?