Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuyobora Abanyarwanda Ntako Bisa-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kuyobora Abanyarwanda Ntako Bisa-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2024 7:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yabwiye abaturage bo mu Karere ka Kayonza, Rwamagana na Gatsibo ko kuyobora Abanyarwanda burya ntako bisa.

Avuga ko kubera iyo mpamvu u Rwanda rwateye imbere kandi ko ibyiza biri imbere kurushaho.

Ku rundi ruhande, avuga ko kugira ngo abantu bagere ku byiza byinshi ari ngombwa ko bubaka umutekano.

Yunzemo ko kugira ngo ibyo bizarambe ari na ngombwa ko amajyambere akomeza gushyirwamo imbaraga.

Kagame yabibukije ko ibyo abayoboke ba FPR bazakora taliki 15, Nyakanga, 2024 ari ugutora amajyambere, umutekano na Demukarasi.

Abaturage bamusubizaga ko nta wundi bazatora utari we.

Ati: “ Gutora ni ejo bundi ariko nanone ni kera”.

Avuga ko nyuma y’ayo matora azagaruka bakishimana.

Yasezeranyije abo muri iki gice cy’u Rwanda ko FPR-Inkotanyi izakomeza gushingira ku iterambere kugira ngo Abanyarwanda bigeze kure cyane mu majyambere.

Avuga ko abazatora FPR-Inkotanyi n’umukandida wayo nta kindi bazaba batoye kitari amajyambere.

Mbere y’uko aza muri Kayonza, Kagame yabanje mu Karere ka Nyagatare.

Muri Nyagatare yabwiye ab’aho ko akarere kabo ari ko Inkotanyi zinjiriyemo zije kubohoza u Rwanda kandi ko uko kwibohora kwatanze umusaruro.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedKagameKayonzaRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuzana Abimukira Mu Rwanda Byongeye Kuzamo Inzitizi
Next Article U Rwanda Rurateganya Kubaka Uruganda Rukora Ibirahure
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?