Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwigana Imitungo Mu By’Ubwenge Biracyari Ikibazo- Umuyobozi Muri RDB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwigana Imitungo Mu By’Ubwenge Biracyari Ikibazo- Umuyobozi Muri RDB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 June 2023 3:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwanditsi mukuru mu Kigo cy’igihugu cy’iterambere witwa Richard Kayibanda avuga ko n’ubwo inzego  zirwanya ko abantu bigana ibihangano mu by’ubwenge byakozwe n’abandi, ngo iki kibazo kiracyagaraga mu Rwanda.

Yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Taarifa nyuma y’inama yahuje abahanga batandukanye bagize Ihuriro nyafurika riharanira kurinda umutungo bwite mu by’ubwenge imaze iminsi itatu ibera i Kigali.

Abayobozi b’ibi bigo bari bamaze iyo minsi bakaganira ku bibazo basangiye, basangizanya ubumenyi, abafite imikorere abandi badafite barayibasangiza.

Kayibanda yavuze ko muri iriya nama bigeye  hamwe uko uru rwego ruhagaze, bareba ibitagenda banonosora uko byarushaho kunozwa.

Richard Kayibanda avuga ko muri Afurika hakiri ubumenyi buke mu bijyanye no guhanga udushya, bityo abagize icyo barusha abandi barakibasangiza.

Avuga ko no muri Afurika hari abahanga bashobora gukorana, bagahanga udushya twatuma ibihugu byabo bitera imbere.

Ubusanzwe umutungo bwite mu by’ubwenge ukubiyemo ibirango by’ubucuruzi, ibyangombwa by’ubuvumbuzi, ibihangano ndangashusho mu by’ubucuruzi, ubuhanzi bw’indirimbo n’amashusho n’ibindi biri muri uwo mujyo.

Kayibanda avuga ko iyo urubyiruko ruhanze ibintu nk’ibyo, biba bigomba kurindwa, kugira ngo hatagira ubitesha agaciro mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Ku kibazo cy’abantu bigana ibihangano by’abandi, Kayibanda avuga ko icyo kibazo kitari muri Afurika gusa, ahubwo kiri n’ahandi ku isi.

Icyakora avuga ko hari abantu biyitirira ibihangano by’abandi, bamwe bakabikora batazi ko bibujijwe n’amategeko.

Umuyobozi w’Ihuriro nyafurika ryo kurengera iby’umutungo mu by’ubwenge witwa Bemanya Twebaze avuga ko iri huriro rimaze kuba ubukumbe kubera ko washinzwe mu mwaka 1976, amasezerano  arishyiraho asinyitwa i Lusaka muri Zambia.

U Rwanda rwawugiyemo mu mwaka wa 2011.

Twebaze avuga ko kuva rwagera muri uyu muryango, u Rwanda rwakomeje kuba intangarugero.

Yatangaje  uriya muryango ufite inzego zitandukanye zirimo ubunyamabanga bukuru, Inama y’abaminisitiri n’inama y’ubutegetsi n’izindi.

Bemanya Twebaze avuga ko iyo abayobozi b’iyi nama bicaye, baganira ku bibazo bya Politiki bihari, bakareba ahari ikibazo gishobora kuba kiri, bakagikemura kitaragira ingaruka ku mikorere ya ririya huriro.

TAGGED:featuredInamaKayibandaRwandaUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aborozi B’i Nyamasheke Bahisemo Kujyana Amata Mu Bamamyi
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Mugenzi We Uyobora Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?