Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwiyakira Mu Bukwe N’Imikino Y’Amahirwe Byakomorewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwiyakira Mu Bukwe N’Imikino Y’Amahirwe Byakomorewe

admin
Last updated: 31 May 2021 11:37 pm
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yakomoreye imihango yo gusaba no kwiyakira mu bukwe, nyuma y’igihe kirekire bibujijwe kubera ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Inama yakoranye kuri uyu wa Mbere kandi yakomoreye imikino y’amahirwe, ikazafungurwa mu byiciro habanje gukorwa igenzura y’uburyo ingamba zo kwirinda COVID-19 zubahirizwa.

Imyanzuro igira iti “Imihango yo gusaba ndetse no kwiyakira bijyanye n’ubukwe birasubukuwe, ariko ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 30. Icyakora, iyo byabereye muri hoteli, ahandi hantu hagenewe imyidagaduro cyangwa mu busitani, ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye, kandi berekanye ko bipimishije COVID-19.”

Ni inkuru iza kwakirizwa yombi na benshi, cyane ko polisi imaze iminsi ifata abantu bahuriye mu mihango yo gusaba no gukwa cyangwa kwiyakira, mu gihe yari ibujijwe.

Ubundi hari hemewe gusa ishyingirwa rikorewe mu buyobozi bwa leta cyangwa mu rusengero rwemewe.

Biteganyijwe ko amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.

Ibikorwa by’imikino y’amahirwe nabyo byemerewe gufungurwa, ariko bikazakorwa mu byiciro.

Hemejwe ko gahunda izatangazwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda nyuma yo kugenzura ko byubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Hari hashize igihe abafite ishoramari muri iyi mikino basaba gutekerezwaho, kuko indi mirimo ihuza abantu benshi yari imaze gukomorerwa.

Muri aya mabwiriza kandi byashimangiwe ko ingendo nk’uko bisanzwe bizajya zikorwa hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa yine z’ijoro.

Gusa mu Mujyi wa Karongi, ingendo zemewe kugeza saa moya z’ijoro.

Abantu bamaze iminsi bafatirwa mu bukwe, bazira kwiyakira kandi bitemewe

 

 

TAGGED:featuredUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakuyeho Impungenge Ku Byago Nyiragongo Yateza Mu Kivu
Next Article Kuri Twitter Umuturage Yashinje Polisi Y’U Rwanda Kumuhohotera, Nayo iti: ‘Ntukabeshye!’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?