Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwiyemeza Nibyo Bituranga- Umuyobozi Wa RDB Clare Akamanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kwiyemeza Nibyo Bituranga- Umuyobozi Wa RDB Clare Akamanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2022 2:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere Madamu Clare Akamanzi yabwiye imwe muri Televiziyo yo mu Leta zunze ubumwe z’Abarabu ko mu mikorere y’Abanyarwanda habamo kwiyemeza kandi bakagera ku cyo biyemeje.

Yavuze u Rwanda na kiriya gihugu ari ibihugu byiyemeje gukorana kandi ngo muri uko gukorana byatanze umusaruro.

Akamanzi yavuze ko hari igihe u Rwanda rwahuye n’ibibazo bikomeye k’uburyo nta bindi bibazo byakomera kubirusha.

Ndetse ngo icyo gihe rwari rucyennye mu busobanuro nyabwo bw’ijambo ubukene.

Ati: “ Muri iki gihe ariko turi mu bihugu bifite iterambere rifatika muri Afurika yose.”

Claire Akamanzi avuga ko na Leta zunze ubumwe z’Abarabu nazo ari igihugu cyateye imbere byihuse biturutse k’ukwishyira hamwe no gukora cyane, icyari imbogamizi ku iterambere ryayo kiza kukiviramo umugisha.

Icyo ni umusenyi wo mu butayu waje guhinduka isoko y’umutungo kamere ari wo gaze na petelori.

Kubera iri terambere, Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi avuga ko u Rwanda narwo rufite byinshi byo kwigira kuri Leta zunze ubumwe z’Abarabu kandi mu ngeri nyinshi.

Avuga ko u Rwanda narwo ruzagera yo kandi bidatinze.

U Rwanda na Leta zunze ubumwe z’Abarabu ni ibihugu bimaze kubaka umubano ushingiye ku buhahirane.

Muri iki gihe u Rwanda ruri kumurika ibyo rufite bikubiyemo ibyo rweza n’ibindi byihariye biruranga byakurura abaguzi bo muri Aziya n’ahandi ku isi.

Ni mu imurikagurisha ryatangiye taliki 01, Ukwakira, 2021 rikazarangira tariki 31, Werurwe, 2022.

Biteganyijwe ko rizitabirwa n’abantu bagera kuri miliyoni 25 baturutse aho bashatse aho ari ho hose ku Isi.

Intego yaryo ni uguhuriza hamwe abantu b’imico n’ubwenegihugu bitandukanye kugira ngo bahahe ariko barusheho no kumenyana.

Ubwo Perezida Kagame yazengurutse icyumba u Rwanda rumurikiramo ibyo rwahanze ari kumwe n’abandi bayobozi barimo na Amb Emmanuel Hategeka uhagarariye u Rwanda muri kiriya gihugu no mu bindi bigikikije yeretswe ibiri kuhamurikirwa.

Mu bihamurikirwa harimo ibyerekana ubwiza bw’u Rwanda kugira ngo bireshye ba mukerarugendo mpuzamahanga bazarusure, ibyerekena intego z’iterambere rwihaye zo mu mwaka wa 2050, robots zikorerwa mu Rwanda, uko Umujyi wa Kigali uzaba umeze mu myaka iri imbere n’ibindi.

TAGGED:AbarabuAkamanzifeaturedIkigoLetaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Yagabiye u Burundi Inka 50
Next Article Perezida Kagame Yatorewe Gukomeza Kuyobora NEPAD
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?