Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Igiye Gutangaza Ibipimo Bishya By’Imisoro y’Ubutaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Leta Igiye Gutangaza Ibipimo Bishya By’Imisoro y’Ubutaka

Last updated: 17 March 2021 5:21 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu gihe cya vuba hazamenyekana ibipimo bishya by’imisoro y’ubutaka, bizasimbura ibiheruka gutangazwa ariko byaje kutavugwaho rumwe.

Ku wa Mbere nibwo inama y’abaminisitiri yabaye isubitse izamurwa ry’umusoro w’ubutaka ryari rikomeje kunengwa n’abaturage, muri uyu mwaka hakazishyurwa imisoro nk’iy’umwaka wa 2019 mu gihe hakiganirwa ku mpinduka zakorwa.

Mu itangazo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yasohoye yavuze ko “ibipimo bishya by’umusoro ku butaka bizatangazwa mu gihe cya vuba, bizashingirweho mu kwishyura imisoro y’umwaka wa 2021 uteganyijwe mu Ukuboza 2021.”

Umusoro w’ubutaka umaze iminsi uvugwaho cyane n’abaturage by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’uko guhera muri Nyakanga 2020 batangiye kubarirwa amafaranga ari hagati ya 0-300 kuri metero kare, uvuye hagati ya 0 na 80 Frw.

Impinduka muri iryo tegeko rigena inkomoko y’imari n’umutungo by’inzego zegereye abaturage zateye benshi impungenge, mu gihe batorohewe n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus cyahungabanyije ibikorwa bibyara inyungu hafi ya byose.

Ni ikibazo cyagejejwe kuri Perezida Kagame mu mpera z’umwaka ushize, yizeza abaturarwanda ko “tugomba kubikurikirana tugashaka uko inyoroshyo yabaho.”

TAGGED:Dr Uzziel NdagijimanafeaturedImisoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article USA: Abantu Umunani Barashwe Barapfa
Next Article Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?