Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Yatangiye Gukurikirana Abacuruzi Bahanika Ibiciro Ku Bikoresho By’Isuku By’Abagore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Yatangiye Gukurikirana Abacuruzi Bahanika Ibiciro Ku Bikoresho By’Isuku By’Abagore

Last updated: 15 September 2021 9:03 am
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko abacuruzi 22 bamaze guhanishwa gucibwa amande angana na 13,020,000 Frw, bazira amakosa arimo guhanika ibiciro by’ibikoresho by’isuku by’abari n’abategarugori, kandi byarakuriweho umusoro ku nyongeragaciro (VAT).

Mu 2019 nibwo Leta yakuye umusoro ku nyongeragaciro ku bikoresho by’isuku by’abagore nk’ibyifashishwa mu gihe cy’imihango, kugira ngo buri wese agerweho n’ibi bikoresho. Nyamara hari abacuruzi bakomeje kuzamura ibiciro kuri ibi bikoresho.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda yatangaje ko iheruka gukora ubugenzuzi ifatanyije n’Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) n’Ikigo gishinzwe Ubuziranenge (RSB).

Yakomeje iti “Bamwe mu bacuruzi basanzwe bacuruza ibikoresho by’isuku by’abari n’abategarugori ku biciro byo hejuru y’ibyagenwe kandi byarakuriweho umusoro ku nyongeragaciro (VAT), abandi bacuruza ibicuruzwa bitujuje ibiro n’ubuziranenge. Abacuruzi 22 bakaba barafatiwe muri ayo makosa bagacibwa amande angana na 13,020,000 Frw.”

“Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda iramenyesha abacuruzi bose ko gucuruza ibikoresho by’isuku by’abari n’abategarugori ku biciro birenze ibyagenwe no gucuruza ibicuruzwa bitujuje ibiro cyangwa ubuziranenge, bitemewe kandi amategeko abihanira.”

Yavuze ko abacuruzi bagomba kuba bafite iminzani yemewe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubiziranenge (RSB) kugira ngo ibicuruzwa bijye bipimwa mbere yo gutwarwa n’umuguzi.

TAGGED:AbagorefeaturedIsukuMinisiteri y'ubucuruzi n'inganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanzi Ariana Grande ‘Yarusimbutse’
Next Article Croix Rouge Yagobotse Abaturage Ba Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ese Uburundi Burashaka Gufasha DRC No Muri Dipolomasi?

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?