Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’U Rwanda Mu Rukiko Iregwa N’Umunyamakuru Byansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Leta Y’U Rwanda Mu Rukiko Iregwa N’Umunyamakuru Byansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 November 2021 5:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo Urukiko rw’ikirenga rwategaga amatwi  ibisobanuro ku kirego umunyamakuru Byansi Samuel Baker yakigejejeho avuga ko asaba ko ingingo ya 71 yerekeye imiburanishirize y’imanza mbonezamubano, iz’ubucuruzi, umurimo n’ubutegetsi ivanwaho kuko ibangamira imikorere y’itangazamakuru, uburanira Leta yavuze ko kiriya kirego kirimo imbogamizi.

Izo mbogamizi ngo ni uko ‘agomba gufatwa nk’utagifitemo inyungu’ kuko ngo nta kintu kigaragaza ko yari umunyamakuru ubwo yatangaga ikirego.

Inteko iburanisha mu rubanza rwa Byansi na Leta yari ihagarariwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Faustin Ntezilyayo n’aho itsinda ryunganira Byansi Samuel Baker rigizwe na Me Valerie Gakunzi Musore na Me Bizimana Ruramira Zébédée.

Leta y’u Rwanda yo ihagarariwe n’uwitwa Prosper.

Mu rukiko havugiwemo ko bisa n’aho Byansi nta nyungu afite mu kirego yatanze.

Byavuzwe ko igihe yatangiye kiriya kirego atari umunyamakuru wemerewe gukorera mu Rwanda.

Ngo nta karita itangwa n’Urwego rw’abanyamakuru bigenga yagiraga muri kiriya gihe.

Urega we[Byansi] yabwiye Inteko iburanisha ko iriya karita yayitunze mu mwaka wa 2017.

Muri uriya mwaka ngo  nibwo yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru ariko ikirego kigera muri sisiteme( system) gitinze bityo ikarita ye itakaza igihe.

Ndetse ngo yari yaranditse asaba guhabwa indi ariko biza kudindizwa n’icyorezo COVID-19 cyatumwe ibiro byinshi bifunga bityo rwa rwego rw’abanyamakuru bigenzura ntirwabona uko rumuha indi ihuje n’igihe.

Indi yayibonye  muri Nzeri, 2020.

Abunganizi be bavuze ko afite inyungu mu gutanga kiriya kirego kuko nk’umunyamakuru, agaragaza ko akazi ke kabangamirwa n’itegeko rizitira ikurikiranwa ry’ibikorwa byo mu nkiko.

Inteko iburanisha yavuze ko izafata umwanzuro ku byavuzwe n’impande zaburanga Tariki 10, Ukuboza, 2021.

Urukiko ruzafata umwanzuro ko afite inyungu muri icyo kirego cyangwa nta zo afite ku wa 10 Ukuboza. Nibigaragara ko azifite ni bwo azaba agomba gukomeza ikirego cye.

Byansi hari icyo yabwiye Taarifa…

Byansi Samuel Baker yavuze ko asanga ingingo y’uburanira Leta y’uko ikirego cyageze muri sisiteme ikarita ye yararangije igihe bityo ko kitagombye guhabwa ishingiro, bitagombye kuba ishingiro ryo gutesha ikirego cye agaciro.

Ati: “ Kuba mfite ikarita yemewe muri iki gihe kandi icyo gihe nkaba nari naratanze ubusabe muri RMC bwo guhabwa indi karita ariko bigatinda kubera COVID-19  ndetse nkaba nabwiye urukiko urutonde rw’ibinyamakuru nakoreye n’icyo nkorera ubu, ibyo byose byagombye gutuma ikirego cyanjye cyemerwa.”

Yatubwiye ko yasobanuriye urukiko impamvu yita ko zumvikana zatumye ikirego cye kigera muri sisiteme ikarita ye yararangije igihe.

Ngo yumva ibyo uruhande ruburanira Leta rwavuze bitaba impamvu itesha agaciro ikirego cye.

TAGGED:BakerByansifeaturedLetaUrubanzaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri 7700 Batsinzwe Ibizamini Bisoza Amashuri Yisumbuye
Next Article Dr Ngirente Yasabye Ko Uburezi Buhuzwa n’Ibikenewe Ku Isoko Rya Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?