Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda W’Imyaka 15 Yiciwe Mu Bongereza Atewe Ibyuma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda W’Imyaka 15 Yiciwe Mu Bongereza Atewe Ibyuma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2021 11:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Thamim Ian Hakizimana uherutse kwicirwa mu Bwongereza atewe ibyuma ku wa Gatandatu tariki 24, Nyakanga, 2021yarashyinguwe. Yishwe n’itsinda ry’ingimbi zamuteze ajya ku ishuri.

Yiciwe ahitwa Woolwhich mu Majyepfo y’u Bwongereza.

Nyina w’uyu umwana yabwiye abari baje mu muhango wo gushyingura no gushyira indabo ku mva y’iriya ngimbi yavuze ko bibabaje kuba umwana we yarishwe atewe ibyuma ubwo yari agiye kwiga.

Nyina yitwa Hawa Haragakiza.

Hawa Haragakiza yagize ati: “ Ubwo umwana wanjye yari aryamye hasi ataka, atabaza kuko yavaga amaraso, abantu bacaga hafi aho bakamureba bagahita, abandi bagafata amafoto n’amashusho. Amashusho ye aryamye hasi yarakwirakwijwe, ariko mu by’ukuri ibi ntibikwiye, si ubumuntu.”

Avuga ko umwana we yisanze ari mu maboko y’abanyarugomo, ahantu hateje akaga bimuviramo urupfu.

Umwe mu Banyarwanda baba mu Bwongereza witwa Gisèle Pelosi yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko ari ubwa mbere muri uyu mwaka Umunyarwanda yishwe atewe ibyuma.

Pelosi avuga ko mu Bwongereza hari udutsiko tw’urubyiruko rukunda urugomo, rutega umuntu wese uciye mu gace rwigaruriye.

Buri tsinda ry’urubyiruko rw’abanyarugomo( gangs), rigira agace ryagize indiri k’uburyo kugacamo bisa no kwiyahura!

Bamwe mu Banyarwanda baba mu Bwongereza bashyinguye uriya mwana

Umurwa mukuru London niwo ubamo ariya matsinda menshi, ariko ngo no mu mijyi nka Manchester na Birmingham naho rurahaba rwinshi.

Abagize ariya matsinda bakora urugomo rwo guterana ibyuma kandi hari benshi bapfa bazira ibikomere.

Pelosi avuga ko abasore n’ingimbi batanu bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa Thamim Ian Hakizimana.

Mu myaka ibiri ishize hari undi Munyarwanda nawe wishwe muri buriya buryo aguye i London.

Aba ni bamwe mu rubyiruko rwazize ibyuma rwatewe, biruviramo gupfa

 

TAGGED:BwongerezafeaturedUmunyarwandaUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abadepite Ba Uganda Barashaka Miliyoni 30$ Zo Kugura Imodoka Nshya
Next Article Ingabo Zacu N’Iz’U Rwanda Ziri Guhashya Umwanzi’- Perezida Nyusi Wa Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

You Might Also Like

Mu Rwanda

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?