Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lewis Hamilton Ashyigikiye Ko u Rwanda Rwazakira Formula 1
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Lewis Hamilton Ashyigikiye Ko u Rwanda Rwazakira Formula 1

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2024 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyamamare mu isiganwa mu modoka zihuta cyane zisiganwa mu kitwa Formula 1 witwa Lewis Hamilton yavuze ko yumva yatura  mu Rwanda kandi akavuga ko ashyigikiye ko ruzakira irushanwa rya Formula 1 rumaze iminsi ruharanira.

Mu mwaka wa 2023 ubwo yari yaje mu Rwanda mu biruhuko yavuze ko kuba mu Rwanda biri mu nzozi ze kuko ari ahantu yemeza ko hatuje kandi hatoshye.

Hejuru y’ibi Umwongereza Lewis Hamilton avuga ko ashyigikiye ko u Rwanda ruzakira isiganwa rya Formula 1 ruri guhiganirwa n’amahanga kuzakira.

Ni irushanwa rikomeye ku rwego rw’isi kandi ryitezweho kuzazamura isura nziza y’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga kandi, mu gihe runaka, rikazarwinjiriza amadolari($).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kwakira iri siganwa bizasaba u Rwanda kubaka ibikorwaremezo bifite agaciro ka miliyoni $ zirenga 200.

Kuba Hamilton ari umwe mu byamamare bikomeye ku isi mu isiganwa rya Formula 1 kandi akaba ashyigikiye ko u Rwanda rwatorerwa kuzaryakira, biri mu byaruzamurira amanota.

Ibikorwaremezo byo kwakira isiganwa nka ririya ntibihenze gusa mu kubakwa ahubwo bizasaba Leta y’u Rwanda izindi miliyoni nyinshi z’amadolari y’amadolari zo kubyitaho  buri mwaka.

Abahanga bavuga ko n’ubwo u Rwanda rudasanganywe ibikorwaremezo bihambaye birebana no gutwara moto, ku rundi ruhande rushimirwa ko ibyo rwemereye abafatanyabikorwa barwo rubikora neza.

Uretse umutekano rusanzwe rwarubatsemo izina, runashimirwa ko ubukungu bwarwo buhagaze neza.

- Advertisement -

Umuyobozi wa Formula 1 witwa Domenicali aherutse kubwira ikinyamakuru Autosport ko u Rwanda ari igihugu cyo kwizerwa.

Yavuze ko ruherutse kugeza ku bategura Formula 1  gahunda isobanutse yo kuzakira ririya rushanwa kandi ngo muri Nzeri, 2024 hari Inama izahuza impande zombi zibiganireho zibinoze.

Domenicali avuga ko u Rwanda ari igihugu gikorera kuri gahunda bigatuma ruba urwo kwizerwa muri byinshi.

The Nation yo muri Kenya  iherutse kwandika ko  Koreya y’Epfo na Thailand biri mu bihugu bishaka nabyo kuzakira ririya rushanwa.

Ikigo gitegura iri rushanwa kivuga ko u Rwanda ari rwo ruzaba irembo ryo kugarura iri rushanwa muri Afurika.

Afurika y’Epfo yigeze gushaka kuryakira ariko biranga.

Isanzwe ari igihugu cya kabiri muri Afurika gikize kurusha ibindi.

Icya mbere ni Nigeria.

U Rwanda ntacyo ruratangaza kuri iri shoramari ariko amakuru Taarifa ifite avuga ko ari ikintu kimaze iminsi kiganirwaho kandi cyahawe umurongo usobanutse.

Ikindi ni uko ibikorwa byo kuzakiriramo Formula 1 bizubakwa muri Rwamagana cyangwa Bugesera.

TAGGED:featuredFormulaHamiltonIsiganwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruboneka Na Barafinda Bahaye APR Intsinzi Kuri AZAM FC
Next Article Hezbollah Yagerageje Kwihorera Kuri Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?