Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lionel Messi Yasezeye Kuri FC Barcelona Mu Marira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Lionel Messi Yasezeye Kuri FC Barcelona Mu Marira

Last updated: 08 August 2021 3:55 pm
Share
SHARE

Lionel Messi yatangaje ko atigeze yifuza kuva muri FC Barcelona, kugeza ubwo ku wa Kane yamenyeshejwe ko nyuma y’imyaka 21 ayikinira, atazahabwa amasezerano mashya.

Kuri iki Cyumweru nibwo Messi w’imyaka 34 yaganiriye n’itangazamakuru kuri Nou Camp, avuga ko yashenguwe no kumenya ko atazemererwa gusinya andi masezerano, asimbura ayarangiye ku wa 30 Kamena.

Ku wa Kane Barca yemeje ko uyu mugabo wegukanye Ballon d’Or esheshatu atazongera amasezerano kubera amabwiriza ya shampiyona ya Espagne (La Liga). Ni inkuru yamenye yamaze kuva mu biruhuko muri California yerekeza muri Espagne.

Hari nyuma yo kwegukana igikombe cya Copa America hamwe n’ikipe y’igihugu ya Argentine.

Byateganywaga ko azasinya amasezerano y’imyaka ine, ariko umushahara we ukagabanywaho 50 ku ijana.

Gusa kubera amategeko ya shampiyona yo muri Espagne, FC Barcelona yaje kumenyeshwa ko idashobora kwandikisha umukinnyi ku masezerano nk’aya Messi, bijyanye n’ibibazo by’ubukungu irimo.

Messi yakomeje ati “Uyu mwaka, umuryango wanjye nanjye ubwanjye twari tumaze kwiyumvisha ko tuzaguma mu rugo, nibyo buri wese yifuzaga kurusha ibindi.”

“Twahoraga tubyiyumvisha, twari mu rugo. Twatekerezaga ko tuzaguma muri Barcelona. Ariko uyu munsi ni igihe cyo gusezera kubw’ibyo byose.”

Messi yavuze ko yakoze ibishoboka byose ngo agume muri iyi kipe kimwe na Perezida wayo Juan Laporta, ariko ntibyagenda neza kubera amategeko ya La Liga ajyanye no gukoresha umutungo w’ikipe bijyanye n’icyo yinjije.

Yavuze ko mu mwaka ushize yashatse gusohoka muri iyi kipe ntibikunde, muri uyu mwaka yifuza kuhaguma birangira agiye.

Hari amakuru ko Paris Saint Germain irimo kumuha amasezerano y’imyaka ibiri kuri miliyoni £25 nyuma yo kwishyura imisoro, ndetse hashobora kongerwaho undi mwaka umwe kandi icyizere ko azayasinya kiri hejuru.

Messi yavuze ko kwerekeza mu Bufaransa ari amwe mu mahirwe ashoboka cyane, ariko ko nta kintu cyari cyemezwa.

Messi yakiniye Barcelona imikino 778 guhera mu mwaka wa 2003, atsindamo ibitego 672, atangamo imipira 305 yavuyemo ibitego.

Yegukanye ibikombe 31.

Messi yafashwe n’ikiniga ararira
Byari ibihe bitamworoheye kuvuga ko atazongera gukinira ikipe amazemo imyaka 21
Abakinnyi ba FC Barcelona bafashe ifoto y’urwibutso na Messi
Messi yegukanye ibikombe 31 muri FC Barcelona
TAGGED:FC BarcelonaLionel MessiParis Saint Germain
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yafashe Umujyi Wa Mocímboa da Praia Muri Mozambique
Next Article Trump Azongera Kwiyamamariza Kuyobora Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ese APR FC Iri Ku Rwego Rwo Gukina N’Amakipe Nka Pyramids FC?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?