Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2022 12:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma ya Margret Thatcher, Theresa May, ubu  undi mugore witwa Liz Truss niwe ugiye kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza asimbuye Boris Johnston uherutse kwegura nyuma y’ibibazo by’imiyoborere idahwitse yashinjwaga n’abo mu ishyaka rye.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere Taliki 05, Nzeri, 2022 ari bwo hazatangazwa k’umugaragaro ko Liz Truss yatsinze Rishi Sunak bari bahanganye ku mwanya wo kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Margret Thatcher

Truss yari asanzwe ashinzwe ububanyi n’amahanga bw’u Bwongereza, akaba yari ahanganye na Rishi weguye ku byerekeye imari n’igenamigambi nyuma yo kutumvikana n’uwahoze amuyobora ari we Boris Johnston.

Liz Truss ntiyerura ngo avuge ibikubiye mu migambi afitiye Abongereza ariko hari amakuru avuga ko mu by’ibanze azakora harimo no kugabanya imisoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Benshi mu baturage b’u Bwongereza barataka ko imisoro iri hejuru, bakavuga ko kuyigabanya byaba ari ukubatura umutwaro ukomeye.

Mu kinyamakuru kitwa Sunday Telegraph, Liz Truss yatangaje ko mu Cyumweru kimwe kizakurikira itangazwa ry’intsinzi ye, ari bwo azavuga ibikubiye mu migambi ye.

Avuga ko u Bwongereza bugomba kwishakamo igisubizo mu byerekeye ingufu kugira ngo butazahora mu bibazo byo kubura ingufu zikoreshwa mu ngo z’ababutuye bitewe n’uko izavaga mu mahanga zagabanutse.

Aha yakomozaga ku kibazo cy’ingufu nke ziboneka mu Burayi muri iki gihe kubera ko izavaga mu Burusiya na Ukraine zagabanuwe n’intambara ibi bihugu bigiye kumaramo hafi umwaka.

Theresa May

Hari imigambi Truss afite ariko ataratangaza byeruye ivuga ko azihatira kubyaza umusaruro imbaraga za kirimbuzi( nuclear power) kugira ngo igihugu cye cyihaze mu ngufu gikenera kandi mu bihe byose, haba mu mpeshyi cyangwa mu itumba.

- Advertisement -

Ikindi Abongereza bazaba bayobowe na Liz Truss bazaharanira kugera ho ni ukuba igihugu kidafite ahandi hantu aho ari ho hose gikesha abandi Banyaburayi kubaho.

Arashaka ko bitarenze umwaka wa 2023, nta mategeko na make y’Abanyaburayi azaba agifite aho ahuriye n’Abongereza.

Kwasi Kwarteng niwe unugwanugwa kuzashingwa ububanyi n’amahanga ku butegetsi bwa Truss. Afite inkomoko muri Ghana.

Ibi bije nyuma y’uko Urukiko rushinzwe uburenganzira bwa muntu rwo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi rwitambitse icyemezo cy’inkiko z’u Bwongereza cyabwemereraga kohereza mu Rwanda abimukira b’aho.

Icyemezo cy’uru rukiko cyabangamiye Abongereza k’uburyo bahise batangira kwiga uko igihugu cyabo cyabaho kidafite aho gihuriye n’amategeko ayo ari yo yose areba abandi Banyaburayi.

U Bwongereza kandi burashaka kugira ubukungu buruta ubw’ibindi bihugu byose by’u Burayi harimo n’u Budage.

U Budage nicyo gihugu cya mbere gikize mu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri iki gihe.

Ese Truss azakomeza umugambi wo kuzana abimukira mu Rwanda?

u Rwanda n’u Bwongereza bifitanye amasezerano ku byerekeye imibereho myiza y’abimukira. Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi Pritti Patel na Dr Vincent Biruta

Hashize ukwezi Liz Truss abwiye The Mail ko ashyigikiye gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kurwoherereza abimukira bageze mu Bwongereza mu buryo budakurikije amategeko.

Ni umugambi urimo ingingo y’uko abo bimukira bazajya bazanwa mu Rwanda bakahaba nyuma babishaka bakazaka uburenganzira bwo kuba mu Bwongereza biciye mu mucyo cyangwa se bagahitamo gutura mu Rwanda kuko nabyo byemewe muri uyu mugambi.

Truss yabwiye The Mail ko ashyigikiye Politiki yatangijwe na Pritti Patel na Boris Johnston.

Ngo ni ‘Politiki nyayo.’

Ati: “ Ni Politiki igomba gushyirwa mu bikorwa uko yakabaye.”

Yongeraho ko nibiba ngombwa azareba uko yayagura k’uburyo u Bwongereza bwakorana n’ibindi bihugu kugira ngo ikomeze kandi igire akamaro kanini kurushaho!

Perezida Kagame nawe yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko politiki igihugu cye gifitanye n’u Bwongereza mu kwita ku bimukira ari Politiki nzima.

Yavuze ko u Rwanda rutagura ngo rugurishe abantu.

Biteganyijwe ko muri Nzeri, 2022 mu Bwongereza hazatangira kwakirwa ibirego byatanzwe n’imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko ibya Politiki y’u Rwanda n’u Bwongereza ku kibazo cy’abimukira bidakwiye.

 

TAGGED:AbimukiraBwongerezaKagameMinisitiriRwandaTruzz
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni Frw 3 Kuri Buri Mukinnyi W’Amavubi Zishobora Kuba Zarabateye Igihunga
Next Article Umutoza W’Amavubi Ati: “ Mbabajwe N’Uko Tuvuyemo Rugikubita”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?