Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Iravugwaho Amayeri Yo Gufata Masisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Iravugwaho Amayeri Yo Gufata Masisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2022 3:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo za DRC witwa Major General Sylvain  Ekenge avuga ko abarwanyi ba M23 banze gusubira mu birindiro bahozemo byo mu Birunga bya Sabyinyo nk’uko bikubiye mu masezerano y’i Luanda yasinywe taliki 23, Ugushyingo, 2022 . Avuga ko aho kubikora iri kwisunganya ngo izagabe igitero kizafata Intara ya Masisi.

Aho gusubira inyuma aho babaga mbere, abarwanyi ba M23 ngo basubiye mu Majyaruguru ahitwa Tongo, Bambo  na Kishishe.

General Ekenge avuga ko ngo intego ya bariya barwanyi ari ukuzazenguruka bakagaba ibitero muri Masisi bakahigarurira.

Bitangajwe nyuma y’uko abarwanyi ba M23 kuri uyu wa Gatanu batangaje ko bavuye mu bice bari barigaruriye ndetse hari amafoto yaberekanye bari mu modoka z’intambara basa n’abakambuye bavuye mu birindiro byabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umutwe wa M23 wemeye kuva ku neza mu gace ka Kibumba wari warikukanyemo ingabo za Leta ya Congo.

Wasize wifurije abaturage kurya iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani mu ituze risesuye.

Umuhango wo kuhasubiza ingabo za DRC witabiriwe n’ingabo zo mu Karere u Rwanda na DRC biherereyemo kandi byakorewe ahabona.

Aha i Kibumba, FARDC yari iherutse gutangaza ko ariyo ihagenzura 100% ibintu byanyomojwe kenshi na M23.

Mu muhango wo guha Leta igice cya Kibumba, M23 yari ihagarariwe na Col Nzenze Imani n’umuvugizi wa gisirikare Maj Willy Ngoma.

- Advertisement -

Nyuma abarwanyi ba M23 bafunze imizigo n’intwaro zabo basubira inyuma mu birometero byumvikanyweho n’impande zombi.

Kuva muri aka gace byaje  nyuma y’inama ebyiri zahuje M23 na FARDC zabereye i Kibumba ku buhuza bw’ingabo za EAC na EJVM.

Umutwe wa M23 wavuze ko wahisemo gusubira inyuma mu rwego rwo gushaka uko amahoro arambye yaboneka.

M23 iravugwaho gushaka guca ruhinga nyuma ingabo za FARDC igafata Masisi

Ikindi ngo byari ukugira ngo  Leta ‘isubize ubwenge’ ku gihe ikore ibyo isabwa.

Ubwo twatangazaga iyi nkuru, M23 yari itaragira icyo ivuga kubyo ishinjwa byo gusubira inyuma bya nyirarureshwa ahubwo umugambi ari ukwigarurira  Masisi.

TAGGED:AbarwanyiCongoDRCEkengefeaturedM23Masisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Igituma Urya Ibiryo Runaka Uruhu Rwawe Rugapfuruta
Next Article Ikamyo Yuzuye Essence Yaturitse Ihitana Abantu 15
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?