Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yeruye Ko Amasasu Ariyo Igiye Gukoresha Mu Kugamburuza Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yeruye Ko Amasasu Ariyo Igiye Gukoresha Mu Kugamburuza Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2024 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wungirije wa M23 witwa Canisius Munyarugero yaraye yeruye ko abarwanyi b’uyu mutwe biyemeje kurasana n’ingabo za DRC kugeza ubwo Felix Tshisekedi uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu ahinduye imigambi ye akemera ibyo bamusaba.

Munyarugero avuga ko ibyo guhendahenda Tshisekedi ngo aganira na M23 babirambiwe, ubu bari kuvugana n’abaturage ba DRC ngo babashyigikire mu ntambara bateganya bidatinze.

Yavuze ko bagerageje gushyikirana no gusaba ibiganiro bigamije amahoro ariko ubutegetsi bwa DRC bubyima amatwi.

Canisius Munyarugero ati: ” Ubu ntabwo tugikora imishyikirano na Guverinoma y’i Kinshasa byararangiye, turimo turayigirana n’abaturage bagenzi bacu b’abanye-Congo.”

Canisius Munyarugero

Avuga ko inshuro zose binginze Tshisekedi ariko arinangira, kugeza ubwo ngo agejeje igihugu aharindimuka.

Umuvugizi wa M23 wungirije yavuze ko igihe kigeze ngo bishakire amahoro bakoresheje izindi nzira.

Izo nzira ngo byaje kuba ngombwa ko bazikoresha kubera ko bari bamaze imyaka ibiri bagerageza kumvisha ubutegetsi bw’ i Kinshasha ko ibiganiro ari byo by’ingenzi ariko ngo bwanze kubumva.

Kutabatega amatwi kandi ngo kwagendanaga no kwicwa kw’abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ku byerekeye amatora yo ku wa 20, Ukuboza, 2023,  Munyarugero avuga ko ari ikinamico yakinwe n’abantu ba Tshisekedi bajyanye imashini z’itora mu ngo zabo, si ukumutora karahava!

Yavuze koM23 ikomeje guhangana n’ihuriro rya Guverinoma ya Congo mu mirwano iri kubera muri teritwari za Masisi, Rutshuru na Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru.

M23 nayo iherutse kwiyunga n’ihuriro ry’imitwe ya Politiki na gisirikare ryitwa Alliance Fleuve Congo rigamije kwirukana ku butegetsi Perezida Felix Tshisekedi riyobowe na Corneille Nangaa mu bya politiki ariko Gen Sultan Makenga akaba ari we mugaba w’ingabo.

TAGGED:AmasasufeaturedGuverinomaIntambaraM23MunyarugeroTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Mu Biganiro By’Ubufatanye N’Ingabo Za Pakistan
Next Article Uganda:Impirimbanyi Y’Uburenganzira Bw’Abatinganyi Yatewe Ibyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?