Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yeruye Ko Amasasu Ariyo Igiye Gukoresha Mu Kugamburuza Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yeruye Ko Amasasu Ariyo Igiye Gukoresha Mu Kugamburuza Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2024 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wungirije wa M23 witwa Canisius Munyarugero yaraye yeruye ko abarwanyi b’uyu mutwe biyemeje kurasana n’ingabo za DRC kugeza ubwo Felix Tshisekedi uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu ahinduye imigambi ye akemera ibyo bamusaba.

Munyarugero avuga ko ibyo guhendahenda Tshisekedi ngo aganira na M23 babirambiwe, ubu bari kuvugana n’abaturage ba DRC ngo babashyigikire mu ntambara bateganya bidatinze.

Yavuze ko bagerageje gushyikirana no gusaba ibiganiro bigamije amahoro ariko ubutegetsi bwa DRC bubyima amatwi.

Canisius Munyarugero ati: ” Ubu ntabwo tugikora imishyikirano na Guverinoma y’i Kinshasa byararangiye, turimo turayigirana n’abaturage bagenzi bacu b’abanye-Congo.”

Canisius Munyarugero

Avuga ko inshuro zose binginze Tshisekedi ariko arinangira, kugeza ubwo ngo agejeje igihugu aharindimuka.

Umuvugizi wa M23 wungirije yavuze ko igihe kigeze ngo bishakire amahoro bakoresheje izindi nzira.

Izo nzira ngo byaje kuba ngombwa ko bazikoresha kubera ko bari bamaze imyaka ibiri bagerageza kumvisha ubutegetsi bw’ i Kinshasha ko ibiganiro ari byo by’ingenzi ariko ngo bwanze kubumva.

Kutabatega amatwi kandi ngo kwagendanaga no kwicwa kw’abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ku byerekeye amatora yo ku wa 20, Ukuboza, 2023,  Munyarugero avuga ko ari ikinamico yakinwe n’abantu ba Tshisekedi bajyanye imashini z’itora mu ngo zabo, si ukumutora karahava!

Yavuze koM23 ikomeje guhangana n’ihuriro rya Guverinoma ya Congo mu mirwano iri kubera muri teritwari za Masisi, Rutshuru na Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru.

M23 nayo iherutse kwiyunga n’ihuriro ry’imitwe ya Politiki na gisirikare ryitwa Alliance Fleuve Congo rigamije kwirukana ku butegetsi Perezida Felix Tshisekedi riyobowe na Corneille Nangaa mu bya politiki ariko Gen Sultan Makenga akaba ari we mugaba w’ingabo.

TAGGED:AmasasufeaturedGuverinomaIntambaraM23MunyarugeroTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Mu Biganiro By’Ubufatanye N’Ingabo Za Pakistan
Next Article Uganda:Impirimbanyi Y’Uburenganzira Bw’Abatinganyi Yatewe Ibyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?