Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yeruye Ko Amasasu Ariyo Igiye Gukoresha Mu Kugamburuza Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yeruye Ko Amasasu Ariyo Igiye Gukoresha Mu Kugamburuza Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2024 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wungirije wa M23 witwa Canisius Munyarugero yaraye yeruye ko abarwanyi b’uyu mutwe biyemeje kurasana n’ingabo za DRC kugeza ubwo Felix Tshisekedi uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu ahinduye imigambi ye akemera ibyo bamusaba.

Munyarugero avuga ko ibyo guhendahenda Tshisekedi ngo aganira na M23 babirambiwe, ubu bari kuvugana n’abaturage ba DRC ngo babashyigikire mu ntambara bateganya bidatinze.

Yavuze ko bagerageje gushyikirana no gusaba ibiganiro bigamije amahoro ariko ubutegetsi bwa DRC bubyima amatwi.

Canisius Munyarugero ati: ” Ubu ntabwo tugikora imishyikirano na Guverinoma y’i Kinshasa byararangiye, turimo turayigirana n’abaturage bagenzi bacu b’abanye-Congo.”

Canisius Munyarugero

Avuga ko inshuro zose binginze Tshisekedi ariko arinangira, kugeza ubwo ngo agejeje igihugu aharindimuka.

Umuvugizi wa M23 wungirije yavuze ko igihe kigeze ngo bishakire amahoro bakoresheje izindi nzira.

Izo nzira ngo byaje kuba ngombwa ko bazikoresha kubera ko bari bamaze imyaka ibiri bagerageza kumvisha ubutegetsi bw’ i Kinshasha ko ibiganiro ari byo by’ingenzi ariko ngo bwanze kubumva.

Kutabatega amatwi kandi ngo kwagendanaga no kwicwa kw’abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ku byerekeye amatora yo ku wa 20, Ukuboza, 2023,  Munyarugero avuga ko ari ikinamico yakinwe n’abantu ba Tshisekedi bajyanye imashini z’itora mu ngo zabo, si ukumutora karahava!

Yavuze koM23 ikomeje guhangana n’ihuriro rya Guverinoma ya Congo mu mirwano iri kubera muri teritwari za Masisi, Rutshuru na Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru.

M23 nayo iherutse kwiyunga n’ihuriro ry’imitwe ya Politiki na gisirikare ryitwa Alliance Fleuve Congo rigamije kwirukana ku butegetsi Perezida Felix Tshisekedi riyobowe na Corneille Nangaa mu bya politiki ariko Gen Sultan Makenga akaba ari we mugaba w’ingabo.

TAGGED:AmasasufeaturedGuverinomaIntambaraM23MunyarugeroTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Mu Biganiro By’Ubufatanye N’Ingabo Za Pakistan
Next Article Uganda:Impirimbanyi Y’Uburenganzira Bw’Abatinganyi Yatewe Ibyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?