Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Agiye Gushyikirizwa Raporo Ku Ruhare Rw’u Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Agiye Gushyikirizwa Raporo Ku Ruhare Rw’u Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

admin
Last updated: 26 March 2021 1:42 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka ibiri y’icukumbura, komisiyo yashyizweho na Perezida Emmanuel Macron ngo isesengure inyandiko zigaruka ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, byitezwe ko itanga raporo yayo kuri uyu wa Gatanu.

Abantu babiri bafite aho bahuriye n’iyo raporo batifuje ko amazina yabo atangazwa, babwiye AFP ko iyo raporo itangwa nyuma ya saa sita.

Ni nyuma y’igihe kirekire uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 igahitana abarenga miliyoni imwe, ruvugwaho byinshi.

U Bufaransa bushinjwa gufasha Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside binyuze mu bikoresho n’amahugurwa, ndetse abasirikare bari muri Operation Turquoise bashinjwa ko ntacyo bakoze ngo batabare Abatutsi bicwaga mu Bisesero.

Ikibazo cy’uruhare rw’u Bufaransa cyakomeje kuba ihurizo rikomeye mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa.

Ubwo Perezida Macron yari amaze kujya ku butegetsi ibintu byabaye nk’ibyahindutse.

Muri Gicurasi 2019 yashyizeho komisiyo igizwe n’abashakashatsi n’abanyamateka, ngo isome inyandiko zireba ibikorwa by’icyo gihugu mu Rwanda hagati ya 1990-1994 maze ibitangeho raporo.

Ni komisiyo y’abantu 15 bayobowe na Vincent Duclert yitezweho gushyira ahabona uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside.  

Mu nyandiko basesenguye harimo n’izagiye zandikwa na Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe mu gihe cya Jenoside, ubwo u Bufaransa bwayoborwaga na François Mitterrand.

Harimo n’inyandiko zandikwaga na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ibiro bishinzwe iperereza ryo hanze y’igihugu (DGSE).

Gusa imbanzirizamushinga y’iyo raporo yatanzwe ku wa 5 Mata 2020, ntivugwaho rumwe.

Umuryango Survie uharanira ko u Bufaransa bwemera uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi bikorwa bibi bwagizemo uruhare, wagaragaje impungenge ko muri iyo raporo nta kintu gishya kiyirimo, ahubwo harimo ibinyoma.

Uvuga ko izo mpuguke zitavuga uko u Bufaransa bwanze guha agaciro iyicwa ry’Abatutsi guhera mu Ukwakira 1990, kandi byaragaragaraga ko hari umugambi wo kubarimbura.

Vincent Duclert ukuriye iyi komisiyo ni umushakashatsi
TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yerekeje Muri Cameroon Mu Mukino Wo “Gupfa No Gukira”
Next Article Umuntu Ufite Ubumuga Yaremwe N’Imana Nk’Uko Nawe Yakuremye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?