Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Agiye Gushyikirizwa Raporo Ku Ruhare Rw’u Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Agiye Gushyikirizwa Raporo Ku Ruhare Rw’u Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Last updated: 26 March 2021 1:42 pm
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka ibiri y’icukumbura, komisiyo yashyizweho na Perezida Emmanuel Macron ngo isesengure inyandiko zigaruka ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, byitezwe ko itanga raporo yayo kuri uyu wa Gatanu.

Abantu babiri bafite aho bahuriye n’iyo raporo batifuje ko amazina yabo atangazwa, babwiye AFP ko iyo raporo itangwa nyuma ya saa sita.

Ni nyuma y’igihe kirekire uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 igahitana abarenga miliyoni imwe, ruvugwaho byinshi.

U Bufaransa bushinjwa gufasha Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside binyuze mu bikoresho n’amahugurwa, ndetse abasirikare bari muri Operation Turquoise bashinjwa ko ntacyo bakoze ngo batabare Abatutsi bicwaga mu Bisesero.

Ikibazo cy’uruhare rw’u Bufaransa cyakomeje kuba ihurizo rikomeye mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa.

Ubwo Perezida Macron yari amaze kujya ku butegetsi ibintu byabaye nk’ibyahindutse.

Muri Gicurasi 2019 yashyizeho komisiyo igizwe n’abashakashatsi n’abanyamateka, ngo isome inyandiko zireba ibikorwa by’icyo gihugu mu Rwanda hagati ya 1990-1994 maze ibitangeho raporo.

Ni komisiyo y’abantu 15 bayobowe na Vincent Duclert yitezweho gushyira ahabona uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside.  

Mu nyandiko basesenguye harimo n’izagiye zandikwa na Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe mu gihe cya Jenoside, ubwo u Bufaransa bwayoborwaga na François Mitterrand.

Harimo n’inyandiko zandikwaga na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ibiro bishinzwe iperereza ryo hanze y’igihugu (DGSE).

Gusa imbanzirizamushinga y’iyo raporo yatanzwe ku wa 5 Mata 2020, ntivugwaho rumwe.

Umuryango Survie uharanira ko u Bufaransa bwemera uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi bikorwa bibi bwagizemo uruhare, wagaragaje impungenge ko muri iyo raporo nta kintu gishya kiyirimo, ahubwo harimo ibinyoma.

Uvuga ko izo mpuguke zitavuga uko u Bufaransa bwanze guha agaciro iyicwa ry’Abatutsi guhera mu Ukwakira 1990, kandi byaragaragaraga ko hari umugambi wo kubarimbura.

Vincent Duclert ukuriye iyi komisiyo ni umushakashatsi
TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yerekeje Muri Cameroon Mu Mukino Wo “Gupfa No Gukira”
Next Article Umuntu Ufite Ubumuga Yaremwe N’Imana Nk’Uko Nawe Yakuremye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Australia: Abantu 12 Biciwe Mu Gitero Cyagabwe Ku Bari Bitabiriye Umunsi W’Abayahudi

U Burundi Bwamaze Kwegeranya Ingabo Ku Mupaka Busangiye N’u Rwanda

DRC:Abarwanyi Ba Twirwaneho Na AFC/M23 Bafashe Ahitwa Kipupu 

Mu Mafoto: Uko Jeannette Kagame Yahaye Abana Noheli

Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kuba Abahamya B’Indangagaciro Zarwo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Abasora Neza Babishimiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ikigega Mpuzamahanga Cy’Imari Gifitiye ‘Umugambi’ Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kabarebe Yahererekanyije Ububasha Na Kaitesi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?