Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Arashaka Kumenya Impamvu Nyayo Yateje Imidugararo Mu Gihugu Cye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Arashaka Kumenya Impamvu Nyayo Yateje Imidugararo Mu Gihugu Cye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2023 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gukora isuzuma ry’uko ibintu byifashe n’uburyo byashyirwa ku murongo, Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron kuri uyu wa Mbere taliki 03, Nyakanga, 2023 arahura n’Abayobozi b’Inteko ishinga amategeko mu mitwe yombi baganire ku mpamvu z’imyigaragambyo yaciye ibintu mu gihugu.

Biteganyijwe ko nyuma yo guhura n’aba bantu, azaganira n’abayobozi ba Komini 220 z’u Bufaransa.

Izi komini nizo zagizweho ingaruka n’imyigaragambyo yatangiye mu minsi itandatu ishize.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite yitwa Yaël Braun-Pivet n’aho uwa Sena yitwa Gérard Larcher.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itangazo ryavuye mu Biro bya Perezida w’Ubufaransa rivuga ko yasabye Minisitiri w’Intebe Elisabeth Borne kwakira ba Perezida b’imitwe ya politiki mu Nteko ishinga amategeko nawe bakabiganiraho.

Bivugwa ko intego ya Perezida Macron ari ukumva ahereye mu mizi impamvu zatumye ibintu bigera aho bigeze muri iki gihe.

Nyuma ngo nibwo hazarebwa imyanzuro yafatwa.

Ibyo guhura na bariya bayobozi, bibaye nyuma y’uko kuri iki Cyumweru Perezida Macron yahuye na Minisitiri w’Intebe ari kumwe n’abandi ba Minisitiri batandatu, barimo uw’Umutekano Gérald Darmanin, n’uw’ubutabera witwa Dupond-Morett.

Imyigaragambyo ivugwa mu Bufaransa yatumye Perezida Macron asubika urugendo yari afite  mu Budage.

- Advertisement -

Ibintu bijya gucika byatangiye taliki 27, Kamena, 2023 ubwo umupolisi yaraga umwana w’imyaka 17 witwa M. Nahel wari utwaye imodoka mu gace ka Nanterre akamwica.

Byabereye mu bilometero 11 uvuye mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’Umujyi wa Paris.

Ni umusore ufite amaraso yo muri Algeria.

Ikindi kivugwa ni uko yari ikinege.

Inkuru y’urupfu rwe ikimara gusakara, imyigaragambyo yahise itangira mu mijyi nka Paris, Marseille, Lille, Lyon, Nice na Strasbourg.

Polisi y’u Bufaransa ivuga ko kuri iki cyumweru, nibura abantu 719 bigaragambya batawe muri yombi, abapolisi 45 barakomereka.

TAGGED:BufaransafeaturedImyigaragambyoMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Avuga Ko Ntawe Ushobora Gusibisha Ikaramu Amateka Yanditswe Mu Maraso
Next Article Kiyovu Ivuga Ko Yari Yifitemo Abagambanyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?