Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Yasabye Uburayi Kudakomeza Gutegera Amaboko Abanyamerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Yasabye Uburayi Kudakomeza Gutegera Amaboko Abanyamerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2023 10:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yavuze ko Abanyaburayi bagomba kureka gukomeza gutegera amaboko Abanyamerika kuko bituma biteranya n’u Bushinwa kandi nta cyizere cy’uko Abanyamerika bazakomeza kubaba hafi.

Niwe  muyobozi w’igihugu cy’u Burayi kiba muri OTAN utangaje amagambo akomeye nk’aya.

Yagize ati: “ Uburayi bugomba kugabanya guhora buteze amaboko Leta zunze z’Amerika, bukirinda gushorwa mu matiku ya politiki yagati yazo n’u Bushinwa. Abanyaburayi bagomba kwishakira ‘uburyo bwo kwigira’ kugira ngo badakomeza gushyirwa mu bibazo biri hagati ya Beijing na Washington bapfa Taiwan.”

🔴Déclaration de @EmmanuelMacron: «L'Europe doit réduire sa dépendance vis-à-vis des États-Unis et éviter d'être entraînée dans une confrontation entre la Chine et les États-Unis à propos de Taïwan». Le président français a insisté sur "l'autonomie stratégique" pour l'Europe et… pic.twitter.com/n4qRWh8Wm4

— LSI AFRICA (@lsiafrica) April 9, 2023

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron avuga ko u Burayi bugomba kwishakamo uburyo bwo kubona ibyo bukeneye kugira ngo bukomeze bubeho bwihagazeho mu by’ubukungu, igisirikare no mu zindi nzego.

Kuba u Burayi buhora buhanze amaso ibyemezo bifatirwa i Washington ngo bituma buhorana ibibazo n’u Bushinwa.

Macron avuga ko ibibazo biri hagati ya Beijing na Washington ari bo bireba mbere na mbere.

Ibi abivuze nyuma y’ibiganiro aherutse kugirana na Perezida w’u Bushinwa Xi jinping.

Bombi baganiriye ku cyakorwa ngo intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya irangire.

Macron aherutse guhura na Xi

I Brussels n’i Washington batekereza ko Perezida Xi ashobora kuganira na Vladmin Putin akamusaba ko yasubiza inkota mu rwubati, intambara yashoje kuri Ukraine igahagarara.

Abahanga bavuga ko Macron na Biden bamaze kubona ko batazakomeza gufasha ingabo za Ukraine mu ntambara irwana n’u Burusiya kuko iyi ntambara ishobora kuzamara igihe kirekire kandi igahenda.

Hagati aho hari inyandiko yasohotse muri The New York Times ivuga ko ubutasi bw’Amerika bumaze iminsi bukusanya amakuru y’imikorere y’igisirikare cy’u Burusiya k’uburyo na gahunda zacyo mu ntambara na Ukraine i Washington bazizi.

Ibi ariko ngo ntibizabuza u Burusiya gukomeza kurwana na Ukraine mu gihe kirekire kiri imbere.

Hari n’amakuru avuga ko u Bushinwa bwamaze gushyira ku ruhande amafaranga menshi yo gufasha u Burusiya mu gihe bwaba bugiye gucika intege ku rugamba.

TAGGED:BurusiyafeaturedMacronPerezidaUbukunguUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ethiopia: Nyuma Ya Tigray Haratutumba Indi Ntambara
Next Article RIB Yafunze Umuyobozi Uvugwaho Gusambanira Mu Ruhame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?