Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Magufuli ‘Ararembye’, Harakekwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Magufuli ‘Ararembye’, Harakekwa COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2021 6:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mbuga nkoranyambaga z’abatuye Tanzania handitswe ko Perezida John Pombe Magufuli ari mu bitaro byo muri Kenya, kandi ko arembye. Abenshi baremeza ko arwaye COVID-19.

Hari hashize ibyumweru runaka atagaragara mu ruhame. Bwana Tindu Lissu utavuga rumwe na Leta ya Magufuli yibajije impamvu Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bitabwira abaturage uko umuyobozi wabo amerewe, bikabihisha kugeza ubwo abantu batangiye kubihwihwisa.

Lissu yagize ati: “ Ubusanzwe ubuzima bw’umukuru w’igihugu ni ikintu gihangayikisha abaturage. Ubwo Kikwete yarwaraga cancer ya prostate twarabibwiwe, ubwo Mkapa yajyaga hanze guhindurirwa urubavu kubera uburwayi twarabibwiwe, twabwiwe uko ubuzima bwa Mwalimu bwari bumeze ariko bigera kuri Magufuli bakanuma!”

Tindu Lissu asanga ibivugirwa ku mbuga nkoranyambaga ari ukuri kuko ngo aho Magufuli arwariye haklajijwe umutekano cyane bityo bikerekana ko ibivugwa ari ukuri.

Hari umwarimu wo muri Kaminuza witwa Nic Cheeseman nawe wanditse kuri Twitter ko hari amakuru afite yizeye yemeza ko Magufuli agomba kuba arembejwe na COVID-19.

Prof Nic Cheeseman

Bibaye ari COVID-19, yaba yarabigizemo uruhare…

KDRTV yanditse ko Perezida Magufuli ari mu bakuru b’ibihugu banditsweho cyane kuva COVID-19 yagera muri Africa nyuma y’uko abujije abaturage be gubahiriza ingamba zo kuyirinda, harimo ni kwambara agapfukamunwa.

Yumvikanye kenshi avuga ko Imana ari yo izarinda abaturage be, ko nta mpamvu yo kwambara agapfukamunwa, guhana intera n’izindi ngamba.

Abanyarwanda batwara rukururana bavuga ko iyo bajyaga muri Tanzania kurangura bageraga ku mupaka bagasabwa gukuramo agapfukamunwa.

TAGGED:COVID-19featuredMagufuliTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwategetse Ko Idamange Afungwa By’Agateganyo
Next Article U Rwanda Na Israel Byongereye Inzego Z’Ubufatanye
1 Comment
  • Sungura says:
    10 March 2021 at 6:52 am

    Uwiyishe ntaririrwa, Magufuli yanze kumva ibyo bamuhanura none ndebera!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?